Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko itatunguwe n’icyemezo cyafashwe n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba yemeye noneho kuganira n’umutwe wa M23 yari yaravuze ko idateze kwicarana na yo mu biganiro.

Kwemera ibiganiro hagati y’Ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23 byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 11 n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola gisanzwe ari umuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, cyatangaje ko Perezida João Lourenço azatangiza ibi biganiro mu gihe cya vuba.

Ni ibiganiro byatangajwe nyuma yuko Perezia Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agiriye uruzinduko i Luanda.

Uyu mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, yavuze kenshi ko igihe cyose akiri Perezida w’iki Gihugu adateze kohereza intumwa ngo zijye kuganira n’uyu mutwe yamaze kwita uw’iterabwoba.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, avuga ko kumva ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwemeye kuganira n’uyu mutwe, bidatunguranye.

Ati “Ntabwo byatunguranye kubera ko abantu bakunze kumva Perezida wa Repubulika Iharanira Demomarasi ya Congo, n’abagize Guverinoma bavuga ko nta na rimwe bazigera baganira n’uyu mutwe.”

Mukuralinda avuga ko umuntu asubije amaso inyuma akareba uko iki kibazo cyagiye kigeragezwa gukemurwa, nta bundi buryo bushoboka butari ibiganiro, kandi ko byanakomeje gushimangirwa n’amahanga.

Ati “Icya mbere ni uko bagenzi be [ba Tshisekedi] mu karere ni ukuvuga ngo Abakuru b’Ibihugu baba abo mu Muryango wa EAC ndetse n’ejobundi EAC ihura na SADC, bo bamye bavuga bati ‘M23 ni abantu barahari, ni Abakongomani’ na we ageze aho aza kubyemera ko ari Abakongomani, bigaragaza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo. Icyo ni cyo wavuga ngo ahari noneho yakemeye ku mugaragaro.”

Perezida Tshisekedi yisubiyeho yemera ko ubutegetsi bwe buganira na M23

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ubwo noneho Tshisekedi yemeye kuganira na M23, yanemeye ko abawugize ari ari Abanyekongo akaba atazongera kuvuga ko ari ibikoresho bya Leta y’u Rwanda.

Avuga kandi ko ikindi kiri muri uku kuva ku izima k’ubutegetsi bwa Congo, kugaragaza ko Perezida Tshisekedi noneho yemeye ko ibisubizo by’ibibazo by’Abanyafurika bigomba kuva muri bo ubwabo.

Ati “Ni ukuvuga ngo agiye mu nzira nanone z’ibyo Abakuru b’Ibihugu hano mu karere bakomeje kuvuga bavuga bati ‘iki kibazo turakizi, giteye gutya, kigomba gukemuka gutya’.”

Ikindi kiri muri uku kwemera ibiganiro na M23, Mukuralinda yavuze ko ari ukuba Tshisekedi na we yamaze kwemera ko inzira y’ibiganiro n’imishyikirano ari yo yonyine ishobora kuvamo umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Nk’uko nanone Abakuru b’Ibihugu hano mu karere kandi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na we arimo, bemeye ko ntakundi iki kibazo cyakemuka, atari mu nzira y’ibiganiro, ntabwo ari inzira ya gisirikare yari yarahisemo.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutitaye ku buryo hazakorwamo ibi biganiro, ahubwo ko icy’ingenzi ari uko abantu baba bemeye kuganira, hatitawe ku wabahuza, ariko ko igihe cyose haba haganirwa ku muti w’ibibazo, u Rwanda ruzaba runyuzwe.

Ati “Ariko tukanavuga tuti igihe kiranageze ko noneho hataba ibiganiro bya nyirarureshwa kandi noneho ibiganiro nibinaba, hashyirwaho uburyo bwo gusuzuma iyo myanzuro ishyirwa mu bikorwa kuko si ubwa mbere si ubwa kabiri si ubwa gatatu ibiganiro byaba bibaye.”

Avuga ko mu gihe noneho iyi nzira yemejwe na Congo ndetse ikanihitiramo n’umuhuza yishakiye, u Rwanda rwizeye ko ibyo bazaganira n’ibyo bazemeza bizubahirizwa ntibibe amasigaracyicaro nk’uko indi myanzuro yagenze.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 yakunze kuvuga ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.