Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’intumwa z’Ihuriro AFC/M23 riyobowe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, biravugwa ko bari mu matsinda yakiriwe i Doha muri Qatar, mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, avuga ko gifite amakuru yizewe ko intumwa z’u Rwanda, iza DRC ndetse n’iz’iri Huriro AFC/M23; bagiye i Doha “gukomeza ibiganiro byatangijwe tariki 18 Werurwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Al Thani.”

Aya matsinda agiye i Doha, nyuma yuko Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheihk Tamim Ben Hamad Al Thani ayoboye ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DRC.

Jeune Afrique ivuga ko aya matsinda yakiriwe mu bihe binyuranye kuva tariki 27 Werurwe, aho itsinda ry’abahagarariye AFC/M23 ryari riyobowe na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa.

Mu biganiro byabaye tairki 18 Werurwe 2025, byahuje Perezida Paul Kagame na Tshisekedi, Abakuru b’Ibihugu bahurije ku kuba bashyigikiye inzira z’ibiganiro biri gukorwa n’Imiryango ya EAC na SADC yahurije hamwe imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma y’ibi biganiro kandi, ni bwo Umutwe wa M23 watangaje ko wemeye kurekura umujyi wa Walikare wari wafashe, uvuga ko iki cyemezo cyari kigamije gushyigikira inzira z’ibiganiro.

Umuvugizi Wungirije wa M23, Dr Oscar Balinda yavuze ko koko iki cyemezo gifitanye isano n’ibi biganiro byari byahuje Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC i Doha muri Qatar.

Yari yagize ati “Iyo Abakuru b’Ibihugu batugiriye inama, iyo tubonye ari inama yagirira akamaro abaturage bacu, turayikurikiza.”

Ibi biganiro kandi bikomeje mu gihe Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC na SADC, iherutse gushyiraho abahuza batanu bose bahoze ari Abakuru b’Ibihugu binyuranye byo muri Afurika, bazayobora ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 5 =

Previous Post

Abakinnyi b’ikipe iri mu zizwi mu Rwanda bakoze igikorwa kiyigaragariza ko batishimye

Next Post

Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.