Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano hagati ya M23 n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ufatanya n’Igisirikare cya DRC (FARDC), wagabye ibitero muri aka gace kagenzurwa na M23.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko iyi mirwano yaramutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwaramutse rwumvikana hafi ya Paruwasi Gatulika iri muri aka gace.

Umwe mu baturage yagize ati “Muri Masisi-Centre, hari kubera imirwano hose. Abarwanyi ba APCLS (Wazalendo) batangiye ibitero muri Masisi-Centre kuva muri iki gitondo.”

Uyu muturage yakomeje agira ati “Ntituzi abari kugenzura uyu mujyi kuko imirwano iracyakomeje. Batangiye kurwana kuva mu gitondo cya kare. Abarwanyi ba Les wazalendo ya APCLS bafite ibirindiro i Masisi-Centre berecyeje ku Kiliziya mu gace kitwa Imara ni na ho batangirije ibitero, none turi kumva ibyakurikiyeho.”

Undi waganirije iki kinyamakuru, yavuze ko nta makuru menshi aramenyekana kuri iyi mirwano yaramutse yumvikana muri Masisi-Centre, ariko ko “M23 iracyakomeje kugira imbaraga muri ibi bice.”

Ni ku nshuro ya kabiri muri iki cyumweru abarwanyi ba Wazalendo bagerageza kugaba ibitero, dore ko n’ubundi bari babigerageje ku wa Mbere ariko bagahita bamururwa na M23.

Ibi bitero bibaye nyuma y’igihe Masisi Centre igenzurwa n’Umutwe wa M23, ndetse kuva uyu mutwe wagenzura aka gace, ibikorwa binyuranye byongeye gukora nubwo Sosiyete sivile ivuga ko abaturage bagera muri 50% mu bari batuye uyu mujyi, bajunze.

Abarwanyi ba Wazalendo bakomeje kugerageza kugaba ibitero kuri M23 muri aka gace, bakomeje gusa nk’abatokoza ibiri kugerwaho muri ibi bice, aho amahoro yongeye kuboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Next Post

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.