• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano hagati ya M23 n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ufatanya n’Igisirikare cya DRC (FARDC), wagabye ibitero muri aka gace kagenzurwa na M23.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko iyi mirwano yaramutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwaramutse rwumvikana hafi ya Paruwasi Gatulika iri muri aka gace.

Umwe mu baturage yagize ati “Muri Masisi-Centre, hari kubera imirwano hose. Abarwanyi ba APCLS (Wazalendo) batangiye ibitero muri Masisi-Centre kuva muri iki gitondo.”

Uyu muturage yakomeje agira ati “Ntituzi abari kugenzura uyu mujyi kuko imirwano iracyakomeje. Batangiye kurwana kuva mu gitondo cya kare. Abarwanyi ba Les wazalendo ya APCLS bafite ibirindiro i Masisi-Centre berecyeje ku Kiliziya mu gace kitwa Imara ni na ho batangirije ibitero, none turi kumva ibyakurikiyeho.”

Undi waganirije iki kinyamakuru, yavuze ko nta makuru menshi aramenyekana kuri iyi mirwano yaramutse yumvikana muri Masisi-Centre, ariko ko “M23 iracyakomeje kugira imbaraga muri ibi bice.”

Ni ku nshuro ya kabiri muri iki cyumweru abarwanyi ba Wazalendo bagerageza kugaba ibitero, dore ko n’ubundi bari babigerageje ku wa Mbere ariko bagahita bamururwa na M23.

Ibi bitero bibaye nyuma y’igihe Masisi Centre igenzurwa n’Umutwe wa M23, ndetse kuva uyu mutwe wagenzura aka gace, ibikorwa binyuranye byongeye gukora nubwo Sosiyete sivile ivuga ko abaturage bagera muri 50% mu bari batuye uyu mujyi, bajunze.

Abarwanyi ba Wazalendo bakomeje kugerageza kugaba ibitero kuri M23 muri aka gace, bakomeje gusa nk’abatokoza ibiri kugerwaho muri ibi bice, aho amahoro yongeye kuboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Next Post

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.