Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere bwa Miliyari 1 216 Frw ugereranyije n’iy’umwaka ushize, aho agera kuri 62% azashyirwa mu rwego rw’ubukungu.

Uyu mushinga w’Ingengo y’Imari wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite na Sena kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 nyuma yo kuwumurikirwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa.

Izi miliyari 7 032 Frw, harimo miliyari 4 105,2 Frw azava mu misoro y’Abanyarwanda, miliyari 2 151,9 Frw azava mu nguzanyo u Rwanda ruzafata, na miliyari 585,2 Frw azava mu nkunga z’amahanga.

Amafaranga azava mu bushobozi bw’Igihugu ni ukuvuga imisoro ndetse n’inguzanyo zizishyurwa, bifite agaciro ka 91,7% muri iyi Ngengo y’Imari.

Mimisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko ibikorwa bizibandwaho mu gukoresha iyi ngengo y’imari, yavuze ko hazihutishwa gahunda ya Guverinoma ya kabiri yo kwihutisha iterambere rirambye NST2, hagamijwe guhanga imirimo mishya no kuzamura imibereho myiza y’Abaturage.

Ati “Ni mu rwego rwo gushimangira ingamba zigamije kuzahura ubukungu, guhanagana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abaturage.”

Yavuze ko kandi hateganyijwe kongera umusaruro w’inzego zose z’ubukungu bityo ibikorerwa mu Rwanda bikarushako kwiyongera bikanazamura ibyoherezwa hanze.

Minisitiri Murangwa yamurikiye Inteko Umushinga w’Ingengo y’Imari ya 2025-2026

Habayeho ubwiyongere bwa Miliyari 1 200 Frw: Dore ibizibandwaho

U Rwanda rugiye gukoresha Ingengo y’Imari ya Miliyari 7 032 Frw ivuye kuri miliyari 5 816,4 Frw rwakoresheje umwaka ushize, ni ukuvuga ko iziyongeraho miliyari 1 216,1 Frw.

Inkingi y’Ubukungu yihariye 62% by’iyi Ngengo y’Imari aho hazashyirwa Miliyari zirenga 4 000 Frw mu bikorwa biteza imbere ubukungu, naho mu nkingi y’Imibereho myiza y’abaturage hakazashyirwamo 21,7%, ni ukuvuga arenga miliyari 1 500 Frw, mu gihe inkingi y’imiyoborere izashyirwamo 15,5% ni ukuvuga arenga miliyari 1 000 Frw.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko miliyari 2 749,5 Frw azashyirwa mu mishinga n’ishoramari bya Leta. Ni mu gihe amafaranga azashyirwa mu ngengo y’imari isanzwe no mu mishahara y’abakozi ba Leta ari Miliyari 4 283 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + two =

Previous Post

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

Next Post

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.