Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere bwa Miliyari 1 216 Frw ugereranyije n’iy’umwaka ushize, aho agera kuri 62% azashyirwa mu rwego rw’ubukungu.

Uyu mushinga w’Ingengo y’Imari wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite na Sena kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 nyuma yo kuwumurikirwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa.

Izi miliyari 7 032 Frw, harimo miliyari 4 105,2 Frw azava mu misoro y’Abanyarwanda, miliyari 2 151,9 Frw azava mu nguzanyo u Rwanda ruzafata, na miliyari 585,2 Frw azava mu nkunga z’amahanga.

Amafaranga azava mu bushobozi bw’Igihugu ni ukuvuga imisoro ndetse n’inguzanyo zizishyurwa, bifite agaciro ka 91,7% muri iyi Ngengo y’Imari.

Mimisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko ibikorwa bizibandwaho mu gukoresha iyi ngengo y’imari, yavuze ko hazihutishwa gahunda ya Guverinoma ya kabiri yo kwihutisha iterambere rirambye NST2, hagamijwe guhanga imirimo mishya no kuzamura imibereho myiza y’Abaturage.

Ati “Ni mu rwego rwo gushimangira ingamba zigamije kuzahura ubukungu, guhanagana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abaturage.”

Yavuze ko kandi hateganyijwe kongera umusaruro w’inzego zose z’ubukungu bityo ibikorerwa mu Rwanda bikarushako kwiyongera bikanazamura ibyoherezwa hanze.

Minisitiri Murangwa yamurikiye Inteko Umushinga w’Ingengo y’Imari ya 2025-2026

Habayeho ubwiyongere bwa Miliyari 1 200 Frw: Dore ibizibandwaho

U Rwanda rugiye gukoresha Ingengo y’Imari ya Miliyari 7 032 Frw ivuye kuri miliyari 5 816,4 Frw rwakoresheje umwaka ushize, ni ukuvuga ko iziyongeraho miliyari 1 216,1 Frw.

Inkingi y’Ubukungu yihariye 62% by’iyi Ngengo y’Imari aho hazashyirwa Miliyari zirenga 4 000 Frw mu bikorwa biteza imbere ubukungu, naho mu nkingi y’Imibereho myiza y’abaturage hakazashyirwamo 21,7%, ni ukuvuga arenga miliyari 1 500 Frw, mu gihe inkingi y’imiyoborere izashyirwamo 15,5% ni ukuvuga arenga miliyari 1 000 Frw.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko miliyari 2 749,5 Frw azashyirwa mu mishinga n’ishoramari bya Leta. Ni mu gihe amafaranga azashyirwa mu ngengo y’imari isanzwe no mu mishahara y’abakozi ba Leta ari Miliyari 4 283 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 6 =

Previous Post

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

Next Post

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.