Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho gutwika umwana we w’imyaka itanu akoresheje umuhoro yabanje gushyushya, yemera icyaha, akavuga ko yamuhoye gukora mu nkono y’ibishyimbo bari batetse.
Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, akekwaho gukora iki cyaha tariki 05 Kamena 2025 agikoreye iwe mu Mudugudu wa Gihama mu Kkagari ka Mbuye, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza.
Ubushinjacyaha dukesha aya makuru, buvuga ko uyu mugabo yakoze iki cyaha mu masaha y’umugoroba saa kumi z’umugoroba aho atuye iwe muri aka gace.
Ubushinjacyaha buvuga ko “Mu ibazwa rye, ukekwa yemera ko yamutwitse ku kaboko, ku ntoki, mu kiganza no ku rutugu akoresheje umupanga ushyushye yari yabanje gushyira mu ziko amuhoye ko yakoze mu nkono y’ibishyimbo bari batetse; abisabira imbabazi.”
ICYO ITEGEKO RITEGANYA
Itegeko No 71/2018 ryo kuwa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana
Ingingo ya 28: Guhoza umwana ku nkeke cyangwa kumuha ibihano biremereye
Bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n’andi mategeko, umuntu wese uhoza umwana ku nkeke cyangwa umuha
ibihano biremereye cyangwa bitesha agaciro harimo n’ibyo ku mubiri, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atatu (300.000 FRW).
Bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n’andi mategeko, iyo icyaha kivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo kiviriyemo umwana ubumuga, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW).
Iyo icyaha kiviriyemo umwana urupfu, igihano kiba igifungo cya burundu.
RADIOTV10