Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo kwegura ibintu bitaramubana bibi kurushaho.

Joseph Kabila umaze ukwezi asubiye mu Gihugu yabereye Perezida nyuma y’umwaka n’igice ari mu buhungiro, yari yahise yerecyeza mu Mujyi wa Goma ugenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 rihanganye na Leta ya DRC.

Uyu munyapolitiki wavuze kenshi ko Igihugu cyabo kiri mu kangaratete kubera imiyoborere mibi idashoboye yakiganishije mu bibazo uruhuri, yongeye kwibutsa Perezida wacyo, Felix Tshisekedi ko ari we nyirabayazana w’ibibazo byose byugarije Abanyekongo.

Mu mahitamo atatu, Kabila yavuze ko Tshisekedi asigaranye “nubwo igihe kiri kumusiga.” Yavuze ko harimo “Kwegura mbere yuko ibintu biba bibi kurushaho ngo ubwabyo ari byo bibimutegeka.”

Yavuze kandi ko Perezida Tshisekedi afite amahitamo yo “Kwemera ibiganiro by’ukuri, adashyizemo uburyarya” bw’uriwiyerurutso ndetse no kudashyira imbere inzira z’intambara, kandi “akamenya ko amateka agaragaza ko urugamba atari ukururwanisha amagambo.”

Joseph Kabila wasubiye muri DRC mu mpera z’ukwezi gushize, aho yahise yerecyeza mu Mujyi wa Goma, yari amaze iminsi yakira abo mu matsinda atandukanye, agamije gukusanya ibitekerezo avuga ko bizamufasha gutanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu.

Amakuru avuga ko ubu Joseph Kabira ari mu Mujyi wa Bukavu na wo ugenzurwa na AFC/M23 nyuma yo kwerecyezayo mu ibanga rikomeye, aho biteganyijwe ko na ho azagirana ibiganiro n’amatsinda atandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

Next Post

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

by radiotv10
28/10/2025
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe kugenzura ibikoresho bikoreshwa mu buzima muri Afurika y’Epfo, cyatangaje ko muri iki Gihugu hagiye gutangizwa itangwa ry’umuti...

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
27/10/2025
0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Mali, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri irimo umwe usubitse nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

by radiotv10
27/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryababajwe n’urupfu rwa Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba...

IZIHERUKA

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown
IMYIDAGADURO

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

28/10/2025
Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.