Nyuma y’iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma muri Al Nassr yo muri Arabia Saudite, aho amasezerano ye avuga ko nta mukinnyi cyangwa umutoza uzaza muri iyi kipe atabigizemo uruhare.
Cristiano Ronaldo wageze muri Al Nassr muri 2023, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri azageza mu mwaka wa 2027.
Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo
Cristiano Ronaldo azajya ahembwa arenga Miliyoni 490 z’Amayero, bivuze ko azajya yinjiza arenga ibihumbi 488 by’Amayero ku munsi.
Mu bindi yemerewe, harimo ko nta mukinnyi cyangwa umutoza uzaza muri Al Nassr atabigezemo uruhare ndetse amasezerano ye narangira azahabwa 15% bya Al Nassr, azagirwa Ambassador wa Shampiyona ya Arabia Saudite na byo bifite agaciro ka Miliyoni 33 z’Amayero.
Azahabwa kandi Miliyoni 4 z’Amayero nibatwara igikombe cya shampiyona, naba uwatsinze ibitego byinshi azahabwa Miliyoni 8.
Cristiano Ronaldo kuva yagera muri Al Nassr muri 2023 ntaratwara igikombe na kimwe, bimwe mu bihanzwe amaso muri iyi myaka ibiri yongereye muri Al Nassr.
Aime Augustin
RADIOTV10