Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu gisanzwe gifite imbaraga muri Dipolomasi, kandi akaba azajyanirana n’impinduka ziri kuba z’ibitarabayeho mu yabanje nk’ibiganiro bya DRC na AFC/M23.

Ku wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025, ni umunsi w’amateka mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, wasize iki Gihugu n’u Rwanda bisinye amasezerano y’amahoro ya burundu, yashyiriweho umukono i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe wari uhagarariye u Rwanda mu isinywa ry’aya masezerano, yavuze ko hari itandukaniro ry’aya masezerano n’ayagiye asinywa mbere.

Ati “Mbere na mbere ni uko aya masezerano ya Washington azajyana n’andi masezerano, hari ibindi biganiro birimo biba i Doha hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Congo. Muribuka ko mu biganiro bya Luanda Guverinoma ya Congo yari yaratsembye ko itazigera iganira n’uyu mutwe wa AFC/M23, ubu bikaba byarahindutse bikaba biduha icyizere ko noneho hazaba ibiganiro byuzuye bizagarura amahoro iburasirazuba bwa Congo.”

Akomeza agira ati “Icya kabiri ni uko Leta Zunze Ubumwe za America ni umuhuza muri ibi biganiro no muri aya masezerano, kandi Leta Zunze Ubumwe za America ikaba yarabigezemo ingufu kandi ikaba inafite n’ingufu za Dipolomasi zisanzwe bizatuma biduha icyizere cy’uko noneho izafasha impande zose cyane cyane Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushyira mu bikorwa aya masezerano kuko nk’uko mubizi mu masezerano ashize akenshi ntabwo yayashyiraga mu bikorwa.”

Amb. Nduhungirehe avuga ko ikindi gishya cyaje muri aya amasezerano, ari ingingo ijyanye n’ubukungu (Regional Economic Integration Framework), izatuma u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bifatanya mu bijyanye n’ibikorwa by’iterambere birimo ibijyanye n’ubukerarugendo mu kugenzura za pariki z’Ibihugu, mu kubyaza umusaruro umutungo uri mu Kiyaga cya Kivu ndetse n’ubufatanye mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

 

Ibya AFC/M23 bikemutse hari icyizere gisesuye

Minisitiri Nduhungirehe kandi avuga ko muri aya masezerano, impande ziyemeje gushyigikira ibiganiro biri kubera i Doha hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 bitegerejwemo umuti w’ibibazo byagiye biba ku Banyekongo bavuga ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, byanakunze kuba izingiro by’ibibazo biiri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Bazaganira barebe ukuntu bakemura mu mizi ikibazo gihari […] rero ni icyo gitanga icyizere cy’uko noneho ibibazo mu mizi muri kariya karere bizashakirwa umuti, hanyuma ku ruhande rwa Congo n’u Rwanda tukazakemura ibibazo by’umutekano bihari hagati yacu cyane cyane iki kibazo cya FDLR.”

Inyandiko yemeranyijweho hagati y’u Rwanda na DRC yiswe CONOPS (Concept of Operations) tariki 25 Ugushyingo 2024 i Luanda, igaragaza uburyo bwo gushakira umuti ikibazo cya FDLR habayeho ubufatanye bw’Ibihugu byombi mu buryo bwa Gisirikare.

Amb. Nduhungirehe avuga ko ibiteganywa n’iyi nyandiko byo kurandura umutwe wa FDLR, ari byo bizatuma Leta y’u Rwanda ivanaho ingamba z’ubwirinzi yashyizeho.

Gusa Guverinoma ya Congo yo ivuga ko ikizabanza gukorwa ari uko u Rwanda rukuraho izi ngamba, ubundi kurandura FDLR bikaza nyuma, mu gihe iy’u Rwanda ivuga ko ibikubiye muri iriya nyandiko bisobanutse.

Nduhungirehe ati “Ntabwo ari inyandiko iri mu kirere […] ivuga ibijyanye no kurandura umutwe wa FDLR ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi ndetse hari n’ingengabihe yabyo, ivuga ko bigomba kuba byakozwe mu minsi 90 kandi tukaba twarabyemeranyijwe, ntabwo ari ikintu gishya, rero nihaba ubushake bwa Guverinoma ya Congo, na Guverinoma y’u Rwanda ntakibazo bizatera.”

U Rwanda rwavuze kenshi ko icyatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi ari impungenge z’umutekano warwo zishingiye ku bufatanye bw’ubutegetsi bwa Congo n’uyu mutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukaba ugishaka kurutera, bityo ko igihe izi mpungenge zavaho ntakizarubuza gukuraho ubwo bwirinzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Next Post

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.