Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa

radiotv10by radiotv10
07/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; avuga ko ubwo Guverinoma y’u Rwanda yasinyanaga Amasezerano y’Amahoro n’iya DRC, yasabye Leta Zunze Ubumwe za America kuzashyira ingufu zishoboka mu bizatuma ashyirwa mu bikorwa kuko ayabanje Congo yagiye iyarengaho.

Amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo i Washington DC tariki 27 Kamena 2025, agaragaza ibyo Ibihugu bigomba kuzashyira mu bikorwa buri ruhande, n’ibyo bihuriyeho.

Ku byo buri Gihugu cyasabwe, harimo kubaha ubusugire bwari buri kimwe, mu gihe ku ruhande rwa DRC yasabwe kwitandukanya n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse no gukorana n’iki Gihugu mu kuwurandura.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko atari rimwe cyangwa kabiri ibi Bihugu byombi bishyize umukono ku masezerano agamije kurandura ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko yagiye arengwaho n’uruhande rumwe.

Yagize ati “Amasezerano yashyizweho umukono kuri iki kibazo cy’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo, ni nk’icumi ariko ni macye cyangwa se nk’aho ntayo yashyizwe mu bikorwa.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko kubera aya mateka atari meza y’imyitwarire ya DRC, byatumye Guverinoma y’u Rwanda igira icyo isaba Leta Zunze Ubumwe za America kugira ngo aya masezerano aheruka, azashyirwe mu bikorwa.

Ati “Kuri twe nk’u Rwanda kubera ko tuzi neza ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo, itajya yubahiriza amasezerano, ni yo mpamvu twabwiye Leta Zunze Ubumwe za America n’abandi bahuza tuti ‘uyu munsi turasinye, ni byiza, abaturage bo mu karere kacu barishimye, Isi yose irishimye, ariko nyabuneka ni ugushyiraho ingufu mu kugira ngo aya masezerano yubahirizwe, ntazabe nk’ayandi masezerano yashyizweho umukono mu myaka yashize atigeze yubahirizwa cyane cyane kubera ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo itayubahiriza’.”

Amb. Olivier Nduhungirehe yanatanze urugero rw’umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na Leta ya Congo Kinshasa, aho iri zina ubwaryo ryakomotse ku masezerano ubutegetsi bw’iki Gihugu bwasinyanye n’uyu mutwe tariki 23 Werurwe (23 Mars 2009) ariko ntiyabuhirizwe.

Gusa avuga ko hari icyizere ko aya masezerano aherutse gushyirirwaho umukono i Washington DC azubahirizwa, kubera ko “Noneho twiyemeje gushyiraho urwego rugomba kuzashyira mu bikorwa iyi CONOPS (Concept of Operations), mechanism (urwego) y’umutekano y’u Rwanda na Congo rugomba gushyirwaho mu minsi 30 y’isinywa ry’amasezerano.”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu cyumweru gishize, na we yatangaje ko aya masezerano ari amahirwe y’inzira yo kubona umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, kandi ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rwemeye byose.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nko gukuraho ingamba z’ubwirinzi iki Gihugu cyashyizeho, bigomba gukorwa ari uko umutwe wa FDLR waranduwe, bityo ko igihe cyose waba ukiriho, u Rwanda na rwo ruzakomeza gukora ibikwiye kugira ngo uyu mutwe utabona icyuho cyo guhungabanya umutekano warwo n’abarutuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Abafite amazina azwi ku Isi mu mupira w’amaguru barimo Jay-Jay Okocha bageze mu Rwanda

Next Post

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.