Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri kwamagana igikorwa cyakozwe n’abasirikare barenga ijana bo mu mutwe urinda Umukuru w’Igihugu bitwikiriye ijoro bakigabiza ifamu ya Joseph Kabila iherereye ahitwa Kashamata i Lubumbashi ikaba umutungo munini we.

Amakuru avuga ko abo basirikare bazwi nk’Abajepe bagiye kuri uyu mutungo wa Kabila mu ijoro ryo ku ya 14 Nyakanga, bari mu modoka za gisirikare, ubundi bakirukana abari bashinzwe kuharindira umutekano n’abakozi baho.

Ni igikorwa cyamaganywe n’imiryango itari iya Leta iharanira Uburenganzira bwa muntu, aho uwitwa Justicia ASBL watangaje ko ibi byakozwe bihabanye n’amategeko.

Timothée Mbuya, Perezida w’uyu Muryango, yagize ati “Kugeza ubu nta rubanza rwigeze rucirwa Uwabaye Perezida Joseph Kabila. Ku bw’iyo mpamvu turibaza ubuyobozi bwaba bwatanze itegeko ryo kuvogera uyu mutungo bwite, ndetse n’impamvu yihishe inyuma y’iki gikorwa.”

Uyu muryango Justicia ASBL kandi uranenga uburyo inzego za Leta zaruciye zikarumira kuri iki gikorwa, unasaba ko hatangwa umucyo kuri cyo.

Mbuya yakomeje agira ati “Ibyabereye Kashamata birakomeye. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwa gisirikare, cyacuriwe umugambi kandi gikorwa nta tegeko gishingiyeho. Biriya rero bishobora guteza akaga mu Gihugu kivuga ko kigendera ku mategeko.”

Kugeza ubu nta rwego yaba urwa gisirikare cyangwa urwa gisivile muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruragira icyo ruvuga kuri iki gikorwa.

Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu mu gihe cy’imyaka 18, ashinjwa gufasha Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi buriho buyobowe na Felix Tshisekedi wamusimbuye, ndetse akaba amaze iminsi ari mu bice bigenzurwa n’iri huriro, aho yatangaje ko yagiye gutanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu kiri mu kangaratete.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Next Post

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Related Posts

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.