Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA
0
Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana baturanye n’umubyeyi watawe n’umugabo we akamusigira ubana batanu babana mu nzu y’icyumba kimwe itanafite ubwiherero, barasaba ko Leta yagira icyo imufasha.

Uyu mubyeyi witwa Twizere Josiane, utuye mu Mudugudu w’Agatare mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya, avuga umugabo basezeranye byemewe n’amategeko yamutanye abana batanu kubera amakimbirane bakunze kugirana.

Inzu y’icyumba kimwe abamo na yo yubakiwe n’abaturanyi, yabuze isakaro, none we n’abana be babayeho mu buzima bubabaje.

Avuga ko hiyongeraho kuba nta bwiherero afite, kandi akaba adafite ubushobozi bwo kubwiyubakira, ndetse n’ubuyobozi yiyambaje ngo bumufashe bukaba bwaramuteye utwatsi bumusaba kujya kwishamo ubushobozi.

Ati “None nagerageje ubwo ndategereje ngo baze barebe. Kurya birandushya no kugirango abana bige birandushya no kubabonera imyenda kuko ntabwo wakorera 1 200 ngo nkishakemo ibyo kurya, amakaye, amakaramu ngo nshakemo n’imyenda ngo bambare.”

Avuga ko ikimushengura ari ukurarana n’abana b’abakobwa ndetse n’umuhungu w’imyaka 18, agasaba Leta kugira icyo yamufasha akabona inzu by’ibyumba bibiri.

Ati “Mfite umusore w’imyaka 18 ubwo ni ikibazo kuba agarama aha ngaha nanjye ndi hariya n’abo bakobwa bose bakaryama hamwe, ni ikibazo.”

Abaturanyi b’uyu muryango bashimangira ko akwiriye gufashwa na Leta akabonerwa aho kuba hagutse, n’ubwiherero bwujuje ibisabwa.

Ntihabose Jean de Dieu yagize ati “Kurya kwe biramuvuna. Umugabo we bari barananiranywe yahise yigendera ashaka undi mugore hakurya i Musha.”

Uwimana Clementine na we yagize ati “Leta yakamwubakiye inzu byibura y’ibyumba nka bibiri akabona aho ashyira abana, none se ko atagiye hanze atabona imibereho y’abana.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte, avuga uyu muryango babanje kuwushakira aho waba wikinginze mu gihe atarubakirwa kuko na we ari ku rutonde rw’abagomba kuzubakirwa.

Uyu mubyeyi abana n’abana be batanu mu nzu y’icyumba na yo nto
Avuga ko babayeho mu buzima bubi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + twelve =

Previous Post

Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

Next Post

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya
IMYIDAGADURO

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w'Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.