• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu gihe ubwanditse ku bagabo gusa ari 11,7%, naho ubwo abagore n’abagabo bahuriyeho ari 48,98%. Iki kigo cyasobanuye impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho nyamara atari ko byahoze.

Iki Kigo kivuga ko hamaze kwandikwa ubutaka bungana na 11 909 306, bungana na 90% by’ubugomba kwandikwa bwose.

Iyi mibare ikomeza igaragaza ko abagore barusha abagabo ubutaka bubanditseho. Ibyo bishimangirwa n’imibare yerekana ko abagabo banditseho ubutaka ku rugero rwa 11,7% naho ubugera kuri 18,88% bwanditse ku bagore bonyine.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka, Marie Grace Nishimwe yavuze ko bifite ishingiro.

Yagize ati “Amategeko yagiye avugururwa, abagore na bo bagira uburenganzira ku butaka. Mbere wasangaga amategko atemerera umugore n’umwana w’umukobwa kuzungura; ariko ubu amategeko yarahinduwe bemerewe kuzungura.”

Usibye impinduka zishingiye ku mategeko; uyu muyobozi avuga ko abagore bamwe bagiye babukura ku bagabo.

Ati “Niba umuntu afite uwo bashakanye witabye Imana; ashobora gusigara acunga ubwo butaka. Niba ari umugabo witabye imana, umugore ashobora gusigara acunga ubwo butaka bukamwandikwaho kandi bwari bwanditse kuri bombi. Niba hari abantu batandukanye; Urukiko rushobora kugena uko ubutaka bujya kuri buri muntu muri abo batandukanye, nabwo birashoboka ko bwajya ku mugore kandi bwari bwanditse kuri bombi.”

Iki Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka kivuga ko 19,98% by’ubu butaka bwanditse ku zindi nzego zitari abantu ku giti cyabo.

Marie Grace Nishimwe ati “harimo amakoperative, amasosiyete, leta, amatorero n’ibindi.”

Nubwo ubutaka bwanditse ku rugero rwa 90%; haracyari ikibazo cyo gukosoza ibibabo by’imbibi, ariko ko iki kibazo na cyo kigiye kubonerwa umuti.

Ati “Ni byo hari aho ubutaka bufite ibibazo bitandukanye bijyanye n’imbibi zinjiranamo, tugenda rero dukosora, dukorana n’Uterere dutandukanye bakatugaragariza aho ibyo bibazo byagiye bigaragara tugafatanya natwo gukosora. Abafite icyo kibazo baturanye; bashaka abapima ubutaka bakabafasha.”

Iki kigo gisaba abaturage bose bafite ubutaka kubwandikisha, abatarakosoza imbibi nabo bazabafashirizwa mu nzego z’ibanze kugira ngo ibibazo byose bikiri mu butaka birangire.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Next Post

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.