Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu gihe ubwanditse ku bagabo gusa ari 11,7%, naho ubwo abagore n’abagabo bahuriyeho ari 48,98%. Iki kigo cyasobanuye impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho nyamara atari ko byahoze.

Iki Kigo kivuga ko hamaze kwandikwa ubutaka bungana na 11 909 306, bungana na 90% by’ubugomba kwandikwa bwose.

Iyi mibare ikomeza igaragaza ko abagore barusha abagabo ubutaka bubanditseho. Ibyo bishimangirwa n’imibare yerekana ko abagabo banditseho ubutaka ku rugero rwa 11,7% naho ubugera kuri 18,88% bwanditse ku bagore bonyine.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka, Marie Grace Nishimwe yavuze ko bifite ishingiro.

Yagize ati “Amategeko yagiye avugururwa, abagore na bo bagira uburenganzira ku butaka. Mbere wasangaga amategko atemerera umugore n’umwana w’umukobwa kuzungura; ariko ubu amategeko yarahinduwe bemerewe kuzungura.”

Usibye impinduka zishingiye ku mategeko; uyu muyobozi avuga ko abagore bamwe bagiye babukura ku bagabo.

Ati “Niba umuntu afite uwo bashakanye witabye Imana; ashobora gusigara acunga ubwo butaka. Niba ari umugabo witabye imana, umugore ashobora gusigara acunga ubwo butaka bukamwandikwaho kandi bwari bwanditse kuri bombi. Niba hari abantu batandukanye; Urukiko rushobora kugena uko ubutaka bujya kuri buri muntu muri abo batandukanye, nabwo birashoboka ko bwajya ku mugore kandi bwari bwanditse kuri bombi.”

Iki Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka kivuga ko 19,98% by’ubu butaka bwanditse ku zindi nzego zitari abantu ku giti cyabo.

Marie Grace Nishimwe ati “harimo amakoperative, amasosiyete, leta, amatorero n’ibindi.”

Nubwo ubutaka bwanditse ku rugero rwa 90%; haracyari ikibazo cyo gukosoza ibibabo by’imbibi, ariko ko iki kibazo na cyo kigiye kubonerwa umuti.

Ati “Ni byo hari aho ubutaka bufite ibibazo bitandukanye bijyanye n’imbibi zinjiranamo, tugenda rero dukosora, dukorana n’Uterere dutandukanye bakatugaragariza aho ibyo bibazo byagiye bigaragara tugafatanya natwo gukosora. Abafite icyo kibazo baturanye; bashaka abapima ubutaka bakabafasha.”

Iki kigo gisaba abaturage bose bafite ubutaka kubwandikisha, abatarakosoza imbibi nabo bazabafashirizwa mu nzego z’ibanze kugira ngo ibibazo byose bikiri mu butaka birangire.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 11 =

Previous Post

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Next Post

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.