Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

radiotv10by radiotv10
28/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona imyaka ku buryo aho yageze batirirwa bajya gusarura nyamara barahinze bibagoye.

Aba bahinzi bavuga ko aborozi bitwaza ibihe by’impeshyi, bakajya kuragira mu myaka yabo iba yarabavunnye bayihinga, amatungo yabo akayona.

Mukeshimana Elina ati “Usanga barekura amatungo yabo akatwonera. Nkanjye nta bishyimbo nigeze nsarura, amatungo aborozi bashumura ku gasozi   yarabiriye  mbura uko mbigenza none ubu inzara igiye kunyica  kuko urabyuka ugasanga imyaka yawe yoneshejwe kuko abenshi usanga  bashumura amatungo yabo nijoro abandi bakayarekura ku manywa.”

Patricia Kabega na we ati “Barashumura amatungo wanabamenya wabagaragaza ugasanga bakugiriye nabi ugahitamo kwicecekera. Wabigira ute se? Icyo gihe usarura ibyo zasize zitabisiga urabyumva nyine icyo gihe uhura n’inzara.”

Aborozi bashyirwa mu majwi n’aba baturage bavuga ko impamvu yo gushumura aya matungo akajya ku gasozi ari uko baba babuze ubwatsi bw’amatungo yabo muri ibi bihe by’impeshyi.

Uyu utarashatse kwivuga izina ati “Twe ubundi mu bihe nk’ibi by’impeshyi nkatwe aborozi biratugora kuko nta bwatsi buba buri ku gasozi buba bwarumye, ari na yo mpamvu duhitamo gushumura amatungo. Twifuza ko batwigisha uburyo bwo guhunika ubwatsi kuko inaha tutabizi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidele, asaba aba baturage kujya birinda ibikorwa nk’ibi kuko abo bigaragweho  babihanirwa n’amategeko.

Ati “Icya mbere ni ukubibutsa ko kuzerereza amatungo bitemewe kandi bishobora no kugira ingaruka kuri ayo matungo bikanateza igihombo ku muturage. Icyo twababwira rero ni ukubibutsa ko bitemewe ndetse n’ubifatiwemo aba ashobora kubihanirwa, mu gushaka ubwatsi bw’amatungo bagomba  korora kinyamwuga kuko umworozi w’umwuga ushaka inyungu mu bworozi bwiwe ntekereza ko urwo rwego agomba no kururenga.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko gahunda yo kororera mu biraro, igamije gufasha abaturage kubona ubutaka bunini bwo guhingaho, kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi utubuke.

Aba bahinzi bavuga ko ntacyo bari gusarura

Bashumura amatungo mu myaka yabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

Next Post

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.