Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

radiotv10by radiotv10
28/07/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko rigiye gufata ingamba zikwiye kugira ngo ribishyireho akadomo.

Ni nyuma yuko iki gitangazamakuru cya Radio Okapi gitangaje ko mu bice bimwe bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bikomeje kuberamo ibikorwa bibi.

Mu nkuru iyi Radio iherutse gutangaza, igaragza ko hagatati ya tariki 03 na 25 Nyakanga 2025, muri Komini ya Goma n’iya Kalisimbi, habayemo ibikorwa by’ubwicanyi byahitanye abantu 10.

Iyi radio igaragaza ibyatangajwe n’Umuryango ‘Goma Hebdo’ yavuze ko AFC/M23 yagiye ita muri yombi rumwe mu rubyiruko ntacyo rushinjwa.

Nanone kandi yatangaje ko hari ubujura bwakozwe ahantu 65 harimo 39 ho muri Kalisimbi ndetse n’ahandi 26 ho muri Goma.

Nyuma y’iyi nkuru, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatambukije ubutumwa bwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Nyakanga 2025, anenga ibikomeje gutangazwa n’iyi Radio byibasira iri huriro.

Kanyuka yagaragaje ko “Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, ikomeje guhonyora uburenganzira bwo guha umwanya abavugwa mu nkuru ngo bisobanure.”

Ati “Turagaragaza agahinda kandi k’uburyo Radio Okapi itangaza amakuru arebana na Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) irenga ku mahame yo kutabogama, ubunyamwuga bw’itangazamakuru ndetse n’ubwisanzure rusange.”

Lawrence Kanyuka avuga ko “iyi radio y’Umuryango w’Abibumbye” yahawe urubuga rwo kugendera kuri politiki ya propaganda yibasira AFC/M23 yirengagiza uburenganzira bwacu bwo kwisobanura.”

Yavuze ko Radio Okapi itigeze yemerera umuntu uwo ari we wese yaba mu buryo bwo kuba ahibereye cyangwa ubundi, bwo kuba yagira icyo avuga ku bitangazwa kuri AFC/M23, ndetse ntinagenzure ukuri ku biba bishinjwa iri Huriro.

Kanyuka uvuga ko ubu buryo bukoreshwa n’iyi radio bubangamiye iri Huriro AFC/M23, yavuze kandi ko bagerageje kuvugisha abayobozi b’iyi Radio, ariko bikananirana.

Ati “Bizaba ngombwa ko Umuryango wacu ufata ingamba zigamije guhagarika iyi propaganda idafite ishingiro yo kurenga ku bwisanzure rusange bikorwa n’iyi Radio y’Umuryango w’Abibumbye.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yasoje ubutumwa bwe yibutsa ko mu bice byabohowe n’iri Huriro, hari ubwisanzure bw’itangazamakuru, ubwo gutangaza amakuru atabogamye kandi yagenzuriwe ukuri, ndetse no kuba abantu bavugwa mu nkuru bagomba guhabwa urubuga rwo kugira icyo batangaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Next Post

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Related Posts

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

IZIHERUKA

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare
AMAHANGA

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.