Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi itera SIDA, kikagira inama abantu kwitabira gahunda yo kuyikingiza kuko igira urukingo ariko nta muti.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigaragaza ko indwara ya Hepatite B na C ihitana abantu 1,3 ku mwaka, bivuze ko ku munsi yica abantu 3 500. Ku Mugabane wa Afurika gusa, iyi ndwara ku mwaka yica abantu ibihumbi 200.

Mu Rwanda Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko kugeza ubu abarwaye Hepatite B bagera kuri 0,25%, naho abarwaye Hepatite C baka 0,21% bavuye kuri 3% bariho mu mwaka wa 2017.

Umukozi muri RBC mu ishami ryo kurwanya indwara z’umwijima, SIDA n’izindi ziterwa na Virus Dr. Berabose Charles avuga ko nubwo imibare y’abandura yagabanutse ariko uburyo bwo kwandura bwo bukomeza kuzamuka.

Ati “Aka gakoko duhereye nko kuri B, uburyo bwako bwo kwandura bwikubye inshuro 100 ugereranije n’agakoko gatera DISA mu buryo bwo kwandura. Twavuga yuko ku bijyanye no kwandura yaba Hepatite B na C byose byandurira mu matembabuzi cyangwa se gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye ariko kandi n’umubyeyi ashobora kwanduza umwana amutwite cyangwa se amwonsa.”

Yakomeje agira ati “ikindi nasobanura ni uko Hepatite B ntago ikira, ni ukuvuga ngo uwo tuyisanganye ayirwaye afata imiti ubuzima bwe bwose, ariko nanone igira urukingo ku buryo rushobora guhabwa abantu ku buryo uburyo bwo kwandura burushaho kugabanuka, naho hepatite c yo nta rukingo igira ariko iravurwa igakira usanzwe ayirwaye aravurwa agakira.”

Mu rwego rwo guhangana n’iyi ndwara, Leta yoroheje uburyo ivurwamo ndetse ikanapimwamo kuko izo serivise zose zitangwa ku buntu, icyakora abitabira kuyipimisha baracyari bacye nk’uko bitangazwa na bamwe mu bayobozi b’amavuriro.

Dogo Tresor ni Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kagugu mu Mujyi wa Kigali, agira ati “Nko mu cyumweru gishobora kurangira nta muntu uje kwisabira gupimwa Hepatite ari byo bimuzanye ngo avuge ati ‘nari nje kwipimisha hepatite’. Usanga ntawe, bivuze ko ubwitabire bukiri hasi.”

Bamwe mu baturage bagaragaza impamvu zitandukanye zituma batitabira kwipimisha indwara ya Hepatite, zirimo no kuba badafite amakuru ahagije kuri yo.

Umwe yagize ati “Iyo umuntu atararemba ngo anegekare biba bigoye ko yajya kwipimisha indwara, ni yo mpamvu njyewe ntajyayo.”

Undi na we yagize ati “Ntabwo ndayipimisha kuko nta makuru ahagije mba mbifiteho.”

RBC igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka kugira ngo iyi ndwara ya Hepatite icike burundu, ahashyizweho ingamba zirimo ushishikariza abantu kuyipimisha ndetse no kwita ku byiciro bifite ibyago byinshi byo kandura.

Kugeza ubu mu Rwanda hose abamaze gusuzumwa Hepatite B ni miliyoni 5, mu gihe abisuzumishije Hepatite C bagera muri miliyoni 8. Kuri Hepatite C hamaze kuvurwa abagera ku bihumbi 45 naho abari kuvurwa Hepatite B ni ibihumbi 9.

Dr. Berabose Charles avuga ko abantu bakwiye kwipimisha hakiri kare
DOgo Tresor avuga ko abitabira kwipimisha Hepatite bakiri bacye cyane

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 13 =

Previous Post

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Next Post

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.