Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi itera SIDA, kikagira inama abantu kwitabira gahunda yo kuyikingiza kuko igira urukingo ariko nta muti.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigaragaza ko indwara ya Hepatite B na C ihitana abantu 1,3 ku mwaka, bivuze ko ku munsi yica abantu 3 500. Ku Mugabane wa Afurika gusa, iyi ndwara ku mwaka yica abantu ibihumbi 200.

Mu Rwanda Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko kugeza ubu abarwaye Hepatite B bagera kuri 0,25%, naho abarwaye Hepatite C baka 0,21% bavuye kuri 3% bariho mu mwaka wa 2017.

Umukozi muri RBC mu ishami ryo kurwanya indwara z’umwijima, SIDA n’izindi ziterwa na Virus Dr. Berabose Charles avuga ko nubwo imibare y’abandura yagabanutse ariko uburyo bwo kwandura bwo bukomeza kuzamuka.

Ati “Aka gakoko duhereye nko kuri B, uburyo bwako bwo kwandura bwikubye inshuro 100 ugereranije n’agakoko gatera DISA mu buryo bwo kwandura. Twavuga yuko ku bijyanye no kwandura yaba Hepatite B na C byose byandurira mu matembabuzi cyangwa se gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye ariko kandi n’umubyeyi ashobora kwanduza umwana amutwite cyangwa se amwonsa.”

Yakomeje agira ati “ikindi nasobanura ni uko Hepatite B ntago ikira, ni ukuvuga ngo uwo tuyisanganye ayirwaye afata imiti ubuzima bwe bwose, ariko nanone igira urukingo ku buryo rushobora guhabwa abantu ku buryo uburyo bwo kwandura burushaho kugabanuka, naho hepatite c yo nta rukingo igira ariko iravurwa igakira usanzwe ayirwaye aravurwa agakira.”

Mu rwego rwo guhangana n’iyi ndwara, Leta yoroheje uburyo ivurwamo ndetse ikanapimwamo kuko izo serivise zose zitangwa ku buntu, icyakora abitabira kuyipimisha baracyari bacye nk’uko bitangazwa na bamwe mu bayobozi b’amavuriro.

Dogo Tresor ni Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kagugu mu Mujyi wa Kigali, agira ati “Nko mu cyumweru gishobora kurangira nta muntu uje kwisabira gupimwa Hepatite ari byo bimuzanye ngo avuge ati ‘nari nje kwipimisha hepatite’. Usanga ntawe, bivuze ko ubwitabire bukiri hasi.”

Bamwe mu baturage bagaragaza impamvu zitandukanye zituma batitabira kwipimisha indwara ya Hepatite, zirimo no kuba badafite amakuru ahagije kuri yo.

Umwe yagize ati “Iyo umuntu atararemba ngo anegekare biba bigoye ko yajya kwipimisha indwara, ni yo mpamvu njyewe ntajyayo.”

Undi na we yagize ati “Ntabwo ndayipimisha kuko nta makuru ahagije mba mbifiteho.”

RBC igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka kugira ngo iyi ndwara ya Hepatite icike burundu, ahashyizweho ingamba zirimo ushishikariza abantu kuyipimisha ndetse no kwita ku byiciro bifite ibyago byinshi byo kandura.

Kugeza ubu mu Rwanda hose abamaze gusuzumwa Hepatite B ni miliyoni 5, mu gihe abisuzumishije Hepatite C bagera muri miliyoni 8. Kuri Hepatite C hamaze kuvurwa abagera ku bihumbi 45 naho abari kuvurwa Hepatite B ni ibihumbi 9.

Dr. Berabose Charles avuga ko abantu bakwiye kwipimisha hakiri kare
DOgo Tresor avuga ko abitabira kwipimisha Hepatite bakiri bacye cyane

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + four =

Previous Post

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Next Post

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.