Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

radiotv10by radiotv10
01/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera.

Kwimurira abarimu mu bigo by’amashuri, ni bimwe mu byo baba bifuza gukorerwa, gusa Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 abarimu 272 basabye kwimurwa bakajya gukorera muri Gasabo. Bamwe mu barimu bavuga ko impamvu ituma baba basaba kwimurwa zirimo urushako.

Umwe yagize ati “Hari igihe aba yaragiye mu kazi atarashaka umugabo, rero yamara gushaka akifuza kujya gukorera hafi yaho urugo rwe ruri, rero iyo akorera kure cyane biramugora rwose, rero bigenze neza abantu bajya bahabwa mutation kandi babashyira mu kazi bakarebera ahantu batuye akaba ariho babaha kwigisha.”

Undi yagize ati “Iyo umwarimu ari gukora urugendo rurerure akajya kure y’umuryango ntabwo biba ari byiza akenshi binagira ingaruka ku kazi ke kuko umuntu uri kure y’umuryango we ntabwo yakora akazi ke atuje ni hahandi uzasanga ari gukoresha telephone mu gihe ari kwigisha bitewe nuko igihe havutse ikibazo aba adahari ngo agikemure.”

Minirisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph avuga ko igituma abasaba mutation batazihabwa ari uko aho baba bashaka kujya haba hariyo abandi.

Yagize ati “Iyo umwanya udahari ntawuhari. Wabigenza ute? Ntabwo uza kwirukana umwarimu ngo we ahave kugira ngo undi ahaze, ubwo se urumva ibyo bishoboka? Ibi biranasobanurira abantu benshi uburyo iki kibazo cya mutation gikomeye, kuko niba abantu 272 bashaka kuza muri Gasabo abantu 48 bonyine akaba ari bo bashaka kuhava, ubwo urumva ko abo bantu bandi bose basabye kuhaza batazabibona, ntibishoboka. Rero ni cyo kibazo cyerekeye ibintu bya mutation, ni ibintu bitoroshye kandi atari uko umuntu atabyumva, iyaba koko byashobokaga umuntu yakorera aho yifuza gukorera, ariko hari abandi barimu bahari.”

Minisiteri y’uburezi igaragaza ko mu barimu 272 basabye kwimurirwa mu Garere ka Gasabo mu mwaka wa 2024-2025 abagera kuri 73 gusa ari bo babyemererwe.

Iyi Minisiteri kandi igaragaza ko ubu mu Gihugu hose hari abarimu barenga ibihumbi 120, barimo 9252 bigisha mu mashuri y’incuke, abo mu mashuri abanza bakaba ibihumbi 26, naho abigisha mu mashuri yisumbuye bakaba ari ibihumbi 34.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + ten =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Next Post

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.