Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye muri Kenya, mu nama yiga ku muti wabyo, bashima intambwe ikomeje guterwa, gusa bavuga ko urugendo rusigaye ari rwo rukomeye.

Aba bayobozi barimo Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya na bagenzi be bahawe inshingano zo gushaka igisubizo cy’ibibazoby’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bitabye William Ruto Perezida wa Kenya uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa uyoboye SADC.

Aba Bakuru b’iyi miryango yombi bari batumije aba bahuza kugira ngo basobanurirwe imiterere y’iki kibazo ndetse n’imirongo ngenderwaho bagomba kuzirikana mbere yo gutangira izo nshingano.

Ni ibiganiro kandi byirabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Amb. Olivier nduhungirehe mu gihe mugenzi we wa DRC atahabonetse.

Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, Mahmoud Ali Youssouf; yashimye intambwe Abakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda na DRC bateye ubwo bashyiraga umuKono ku Masezerano y’Amahoro i Washington, icyakora yavuze ko hakenewe imbaraga zikomeye kugira ngo ashyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Komisiyo y’Umuryango wa Ufurika Yunze Ubumwe yishiniye amasezerano u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baherutse gusinyira i Washington; ndetse n’imbanzirizamasezerano Cuverinoma ya Congo iherutse kwemeranya na M23 i Doha.”

Yakomeje agira ati “Hakenewe guhuza ibikorwa no kuyanonosora niba dushaka ko ashyirwa mu bikorwa. Turifuza ko abarebwa n’iki kibazo bagikemura bashingiye ku ntandaro yacyo.

Amasezerano ashobora kugira igisobanuro cyangwa agatanga umusaruro igihe cyonyine yaba yashyizwe mu bikorwa. Bisaba ubushake n’ubushishozi bukomeye bwo gufata umwanzuro wo kwigomwa igihe ari ngombwa. Nizeye ko abayobozi bo muri aka karere bashobora kubigeraho.”

Perezida William Ruto uyobora EAC; na we yemeje ko iyi ntambwe itanga icyizere, kandi ko biteguye gukorana n’abandi kugira ngo bitange umusaruro.

Ati “Ibyabaye muri iyi minsi ni ikimenyetso nyacyo kigaragaza ko ibiganiro na diplomasi bishobora gutanga umusaruro, abo bireba na bo bafite ubushake bwo gushaka igisubizo kirambye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Yakomeje agira ati “Iyi miryango ibiri y’uturere ndetse na Afurika Yunze Ubumwe yiteguye gutanga umusanzu wabo kugira ngo amaseerano y’i Washinton na Doha ashyirwe mu bikorwa.”

William Ruto avuga ko ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC binagera ku karere kose bityo “Ni yo mpamvu Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na SADC yemeje gushyira hamwe kugira ngo dufashe abaturage bo mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezida wa Emerson Mnangagwa uyobora umuryango wa SADC yemeza ko bagomba gufatanya n’indi Miryango Mpuzamahanga yiyemeje gukemura iki kibazo.

Yagize ati “Ibiri gukorwa n’abafatanyabikorwa bo mumahanga; bari gukora ibishoboka byose kugira ngo ibi biganiro bigamije amahoro bitange umusaruro; ni ingenzi cyane, turamutse dufatiyeho mu bwuzuzanye; ibiganiro byose bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa bigomba guhuzwa. Ibyo ni byo byatuma tugera ku mahoro twese twifuza. Mureke tubyaze umusaruro amahirwe ahari kugira ngo tugere ku mahoro arambye.”

Aba Bakuru b’Ibihugu bavuga ko ibiganiro byabereye i Luanda n’i Nairobi, bigomba kuzahuzwa kugira ngo hazumvikane ipfundo ry’ibibazo, ndetse bikanajyana n’izindi nzira zose ziriho zikorwa zirimo amasezerano y’i Washington.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + seventeen =

Previous Post

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.