• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye muri Kenya, mu nama yiga ku muti wabyo, bashima intambwe ikomeje guterwa, gusa bavuga ko urugendo rusigaye ari rwo rukomeye.

Aba bayobozi barimo Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya na bagenzi be bahawe inshingano zo gushaka igisubizo cy’ibibazoby’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bitabye William Ruto Perezida wa Kenya uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa uyoboye SADC.

Aba Bakuru b’iyi miryango yombi bari batumije aba bahuza kugira ngo basobanurirwe imiterere y’iki kibazo ndetse n’imirongo ngenderwaho bagomba kuzirikana mbere yo gutangira izo nshingano.

Ni ibiganiro kandi byirabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Amb. Olivier nduhungirehe mu gihe mugenzi we wa DRC atahabonetse.

Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, Mahmoud Ali Youssouf; yashimye intambwe Abakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda na DRC bateye ubwo bashyiraga umuKono ku Masezerano y’Amahoro i Washington, icyakora yavuze ko hakenewe imbaraga zikomeye kugira ngo ashyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Komisiyo y’Umuryango wa Ufurika Yunze Ubumwe yishiniye amasezerano u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baherutse gusinyira i Washington; ndetse n’imbanzirizamasezerano Cuverinoma ya Congo iherutse kwemeranya na M23 i Doha.”

Yakomeje agira ati “Hakenewe guhuza ibikorwa no kuyanonosora niba dushaka ko ashyirwa mu bikorwa. Turifuza ko abarebwa n’iki kibazo bagikemura bashingiye ku ntandaro yacyo.

Amasezerano ashobora kugira igisobanuro cyangwa agatanga umusaruro igihe cyonyine yaba yashyizwe mu bikorwa. Bisaba ubushake n’ubushishozi bukomeye bwo gufata umwanzuro wo kwigomwa igihe ari ngombwa. Nizeye ko abayobozi bo muri aka karere bashobora kubigeraho.”

Perezida William Ruto uyobora EAC; na we yemeje ko iyi ntambwe itanga icyizere, kandi ko biteguye gukorana n’abandi kugira ngo bitange umusaruro.

Ati “Ibyabaye muri iyi minsi ni ikimenyetso nyacyo kigaragaza ko ibiganiro na diplomasi bishobora gutanga umusaruro, abo bireba na bo bafite ubushake bwo gushaka igisubizo kirambye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Yakomeje agira ati “Iyi miryango ibiri y’uturere ndetse na Afurika Yunze Ubumwe yiteguye gutanga umusanzu wabo kugira ngo amaseerano y’i Washinton na Doha ashyirwe mu bikorwa.”

William Ruto avuga ko ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC binagera ku karere kose bityo “Ni yo mpamvu Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na SADC yemeje gushyira hamwe kugira ngo dufashe abaturage bo mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezida wa Emerson Mnangagwa uyobora umuryango wa SADC yemeza ko bagomba gufatanya n’indi Miryango Mpuzamahanga yiyemeje gukemura iki kibazo.

Yagize ati “Ibiri gukorwa n’abafatanyabikorwa bo mumahanga; bari gukora ibishoboka byose kugira ngo ibi biganiro bigamije amahoro bitange umusaruro; ni ingenzi cyane, turamutse dufatiyeho mu bwuzuzanye; ibiganiro byose bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa bigomba guhuzwa. Ibyo ni byo byatuma tugera ku mahoro twese twifuza. Mureke tubyaze umusaruro amahirwe ahari kugira ngo tugere ku mahoro arambye.”

Aba Bakuru b’Ibihugu bavuga ko ibiganiro byabereye i Luanda n’i Nairobi, bigomba kuzahuzwa kugira ngo hazumvikane ipfundo ry’ibibazo, ndetse bikanajyana n’izindi nzira zose ziriho zikorwa zirimo amasezerano y’i Washington.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 15 =

Previous Post

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.