Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

?

Share on FacebookShare on Twitter

Ngabonziza Eric na Icyimanizanye Jeannette bamaze iminsi micye bakoze ubukwe nk’umugore n’umugabo, bahuye n’isanganya ubwo inzu babamo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi yafatwaga n’inkongi y’umuriro ariko umugabo akagerageza kurwana ku mugore we kuko atwite bituma ashya bikabije cyane.

Uwitwa Uzamukunda Felicite nyiri iyi nzu ikodeshwa n’aba baherutse kurushinga, yatangaje ko iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira ku wa Mbere tariki 13 Ukuboza 2021.

Uyu Uzamukunda Felicite yabwiye Ikinyamakuru Bwiza dukesha aya makuru ko muri iryo joro yumvise Icyimanizanye Jeannette ari gutaka cyane atabaza, aho asohokeye agiye kureba ibyabaye asanga inzu babamo iri gukongoka.

Yagize ati “Ndebye mbona umuriro ni mwinshi kuko nanjye ntawundi tubana mu nzu nahise njya gutabaza umuturanyi araza asanga ntakindi cyakorwa uretse gushaka ishoka agaca urugi ngo babone uko basohoka.”

Uyu mubyeyi avuga ko yahise aha ishoka uwo yari agiye gutabaza we agahita akomeza kujya gutabaza abandi baturanyi aho agarukiye asanga babajyanye kwa muganga gusa ngo umugabo ni we wahiye cyane.

Umugabo wahiye cyane, ngo yabonye umuriro ukomeye cyane ahita ajya kwikinga hejuru y’umugore we kuko afite inda y’amezi atatu ashaka kumuramira n’umwana amutwitiye.

Uzamukunda Felicite akomeza agira ati “Basohotse bambaye ubusa buriburi nta n’akantu bafite mu ntoki bahiye bigaragara ariko umugabo awi we wahiye cyan aramira umugore n’umwana atwite ngo bo badashya.”

Uyu mugabo n’umugore bahiriye mu nzu ariko Imana igakinga akaboko, bahise bajyanwa ku bitaro bya Gihundwe ariko umugabo ahita yoherezwa ku bitaro bikuru bya Butare ari na ho ubu ari kwitabwaho.

Habimana Jean Marie Vianney uyobora Akagari ka Gihundwe, avuga ko umugabo ari we wahiye cyane by’umwihariko igice cy’ibitugu.

Ati “Umugore na we umurir wari watangiye kumugeraho ku buryo iyo hashira nk’iminota itanu urugi rutaracibwa ngo basohoke na bo twari gusanga babaye ivu risa.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu muryango wari ukiri mushya, ntakintu wabashije kuramura mu nzu kuko byose byahiye bigakongoka.

Inkuru dukesha Bwiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + eleven =

Previous Post

Uretse kuyijyana muri Miss World ntiwanayijyana mu isoko- Immaculée yanenze uwambitse Miss Grace

Next Post

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.