Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

?

Share on FacebookShare on Twitter

Ngabonziza Eric na Icyimanizanye Jeannette bamaze iminsi micye bakoze ubukwe nk’umugore n’umugabo, bahuye n’isanganya ubwo inzu babamo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi yafatwaga n’inkongi y’umuriro ariko umugabo akagerageza kurwana ku mugore we kuko atwite bituma ashya bikabije cyane.

Uwitwa Uzamukunda Felicite nyiri iyi nzu ikodeshwa n’aba baherutse kurushinga, yatangaje ko iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira ku wa Mbere tariki 13 Ukuboza 2021.

Uyu Uzamukunda Felicite yabwiye Ikinyamakuru Bwiza dukesha aya makuru ko muri iryo joro yumvise Icyimanizanye Jeannette ari gutaka cyane atabaza, aho asohokeye agiye kureba ibyabaye asanga inzu babamo iri gukongoka.

Yagize ati “Ndebye mbona umuriro ni mwinshi kuko nanjye ntawundi tubana mu nzu nahise njya gutabaza umuturanyi araza asanga ntakindi cyakorwa uretse gushaka ishoka agaca urugi ngo babone uko basohoka.”

Uyu mubyeyi avuga ko yahise aha ishoka uwo yari agiye gutabaza we agahita akomeza kujya gutabaza abandi baturanyi aho agarukiye asanga babajyanye kwa muganga gusa ngo umugabo ni we wahiye cyane.

Umugabo wahiye cyane, ngo yabonye umuriro ukomeye cyane ahita ajya kwikinga hejuru y’umugore we kuko afite inda y’amezi atatu ashaka kumuramira n’umwana amutwitiye.

Uzamukunda Felicite akomeza agira ati “Basohotse bambaye ubusa buriburi nta n’akantu bafite mu ntoki bahiye bigaragara ariko umugabo awi we wahiye cyan aramira umugore n’umwana atwite ngo bo badashya.”

Uyu mugabo n’umugore bahiriye mu nzu ariko Imana igakinga akaboko, bahise bajyanwa ku bitaro bya Gihundwe ariko umugabo ahita yoherezwa ku bitaro bikuru bya Butare ari na ho ubu ari kwitabwaho.

Habimana Jean Marie Vianney uyobora Akagari ka Gihundwe, avuga ko umugabo ari we wahiye cyane by’umwihariko igice cy’ibitugu.

Ati “Umugore na we umurir wari watangiye kumugeraho ku buryo iyo hashira nk’iminota itanu urugi rutaracibwa ngo basohoke na bo twari gusanga babaye ivu risa.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu muryango wari ukiri mushya, ntakintu wabashije kuramura mu nzu kuko byose byahiye bigakongoka.

Inkuru dukesha Bwiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 16 =

Previous Post

Uretse kuyijyana muri Miss World ntiwanayijyana mu isoko- Immaculée yanenze uwambitse Miss Grace

Next Post

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.