• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru aravuga ko bamaze kugezwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye, kinanyuzwamo abakoresheje ibiyobyabwenge n’abagaragayemo imyitwarire idakwiye kugira ngo basubire mu murongo muzima.

Mu cyumweru gishize, ni bwo Polisi y’u Rwanda yemeje ko aba bahanzikazi batawe muri yombi bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yemeje ko aba bahanzikazi koko batawe muri yombi, nyuma yo kurenga ku mabwiriza y’amasaha y’utubari, aho bafashwe barengeje amasaha yemewe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko aba bahanzikazi Ariel Wayz na Babo, na bagenzi babo bari bafunganywe mu kibazo kimwe na bo basanzwemo ibiyobyabwenge, bamaze kugezwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye.

Aba bahanzikazi n’abandi bajyanywe hamwe, bageze muri iki Kigo Ngororamuco kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025 nk’uko byemejwe n’uwo mu muryango w’umwe mu bajyanye n’aba bahanzikazi.

Ikigo Ngororamuco cya Huye cyajyanywemo aba bahanzi, kinaherutse kunyuramo umuhanzi w’umuraperi Fireman we wagiyemo yijyanye muri Mutarama uyu mwaka, nyuma yuko aganirijwe n’abantu bakamugira inama ko yajya kwivurizayo.

Muri uwo kwezi kwa Mutarama kandi, abandi bakobwa barimo Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’, na bo bajyanywe kugororerwa muri iki Kigo Ngororamuco cya Huye, nyuma yo kugaragaraho ibidakwiye by’amashusho y’urukozasoni.

Ariel Wayz yamaze kugezwa mu kigo ngororamuco
Na Babo bafatiwe hamwe
Basanzwe banafitanye indirimbo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =

Previous Post

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

Next Post

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y'impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.