• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe, uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye uwamusimbuye gukomeza gushyigikira Perezida Félix Tshisekedi.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025 ubwo yahererekanyaga ubusha n’umusumbuye by’agateganyo Isaac Jean-Claude Tshilumbayi wari Visi Perezida wa Mbere w’Inteko.

Iri hererekanyabubasha, ribaye mu gihe hagitegerejwe ko hatorarwa Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko ya DRC, aho izaba iyobowe by’agateganyo n’uyu Isaac Jean-Claude Tshilumbayi.

Mu ijambo rye, Vital Kamerhe yasabye uyu umusimbuye kuyobora neza Inteko Ishinga Amategeko, kandi akazarangwa no kurengera no gushyigikira Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, n’inyungu rusange z’Igihugu.

Jean-Claude Tshilumbayi usimbuye by’agateganyo Vital Kamerhe, akaba atari anashyigikiye ko yeguzwa, yamushimiye uburyo bakoranye neza, kandi ko yizeye ko bazakomeza gukorana neza kuko amuziho ubunararibonye mu kuyobora Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu musimbura w’agateganyo kandi yizeje ko azakorana imbaraga zose, kugira ngo abashe kugeza ku Nteko ku ntego zayo.

Vital Kamerhe watanze ubwegure bwe ku wa Mbere w’iki cyumweru, mu ibaruwa ye, yavuze ko yeguye ku bushake n’impamvu ze bwite, mu gihe hari abadepite bari basinye inyandiko imutakariza icyizere bamushinja ibirimo kunyereza imari y’Inteko.

Bamwe mu basesenguzi mu bya Politiki, batangaje ko ishyaka rya Tshisekedi ari ryo riri inyuma yo kwegura kwe, kuko ryari rimaze gutahura ko afite umugambi wo kuziyamamaza, kandi hari impungenge ko ashobora kuzitambika umugambi wa Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Aba banyapolitiki bombi bashimiranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

Next Post

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.