Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

radiotv10by radiotv10
04/10/2025
in IMYIDAGADURO
0
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwezi kumwe hagiye kuba ibitaramo bitanu byo guhimbaza Imana, birimo ikizamara iminsi ibiri cyatumiwemo abakozi b’Imana b’amazina azwi mu Rwanda.

Muri ibi bitaramo, harimo ikiba kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 no kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukakira 2025, kizabera kuri ADEPR-Nyarugenge.

Iki gitaramo cyatumiwemo abakozi b’Imana, barimo Rev.Dr. Antoine Rutayisire, Rev. Pastor Valentin Rurangwa na Pastor Mugabowindekwe.

Iki gitaramo cya Chorale Baraka, yanatumiye andi makorali yo kuyifasha arimo IRIBA CHOIR izava i Huye kuri ADEPR TABA, Besalel Choir yo kuri ADEPR Murambi, Gatenga Worship Team na The Light Worship Team CEP ULK.

Kuri iki Cyumweru kandi hategerejwe igitaramo cya ICHTUS GLORIA CHOIR na yo Ya ADEPR Nyarugenge, ariko basenga mu ndimi z’amahanga.

Muri iki gitaramo cyiswe ‘Free Worship Indeed Experience’, iyi kolari izafatanya na Ntora Worship Team ndetse n’umuhanzi Chryso Ndasingwa ukunzwe cyane muri iyi minsi, mu gihe umwigisha uzigisha ari Cleophas BARORE.

Umuyobozi wa Baraka Choir Abajijwe niba ntakibazo bizateza kuba barahuje amataliki, yagize ati “Ntakibazo kirimo kuko byose ni umurimo w’Imana, ahubwo turararika abantu kuzitabira ibi bitaramo byombi, byumwihariko abaririmbyi baba mu makorali ataratumiwe bazaze kudushyikira bafatanye natwe, uzahitamo kuza ku rusengero i Nyarugenge azaze, uzajya muri Camp Kigali na we azahabwa umugisha.”

Kuri uwo munsi kandi umuhanzi wamamaye mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga Israel Mbonyicyambu wamenyakanye nka Israel Mbonyi azamurika Album ye ya gatanu, mu gitaramo kizabera ‘Intare Conference Arena’.

Ku cyumweru kizakurikiraho, tariki 12 Ukwakira 2025, naho hari ibitaramo biribiri, icya Korali SHILOH y’i Musanze izakorera mu Mujyi wa Kigali muri Expo Ground aho bazafatanya na Shalom Choir yo kuri ADEPR Nyarugenge.

Uwo munsi kandi hari ikindi gitaramo cyateguwe n’umupasitoro LOUIS Osademe uzava muri Nigeriya gifite umutwe uvuga ngo ‘JESUS ALIVE CLUSADE’.

Iki gitaramo gitegerezanyijwe amatsiko, kuko abazakitabira bazatahana amavuta n’ubuntu bw’Imana, ndetse na cyo kukinjiramo bikazaba ari ubuntu, ndetse hakazaba hari imodoka zizabageza aho kizabera.

Muri iki gitaramo kandi, hazaba hariyo abahanzikazi Vestine na Dorcas , El-shaddai choir yamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘CIKAMO na AKIRA’ ndetse na Gisubizo Ministry, hamwe na  Glory of God worship Team. Imiryango izaba ifunguye saa saba z’amanywa batangire saa cyenda.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eighteen =

Previous Post

Who pays for the first date bill?

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b'Abofisiye barenga 600

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.