Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Intego ya 60% y’abajya mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro igeze kuri 31%

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in Uncategorized
0
Intego ya 60% y’abajya mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro igeze kuri 31%
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego ko muri 2024 abanyeshuri 60% basoza amashuri yisumbuye bazajya bakomereza mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi-ngiro mu gihe iyi ntego igeze kuri 31%, gusa Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Imyuga n’Ubumenyingiro gitangaza ko hari icyizere ko iyi ntego izagerwaho.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro RTB (Rwanda Tvet Board) gitangaza ko nubwo iyi ntego igeze kuri 31% ariko hakiri icyizere ko mu myaka ibiri isigaye iyi ntego izagerwaho.

Ubuyobozi bw’iki kigo, buvuga ko iki cyizere gishingiye ku bwitabire bw’abagana amashuri y’imyunga n’ubumenyi ngiro nubwo hakiri imbogamizi.

Mu nama nyungurabitekerezo yahuje RTB n’abafatanyabikorwa igamije gusuzuma aho uyu muhigo ugeze ushyirwa mu bikorwa, Umukunzi Paul uyobora RTB yavuze ko iyi ntego itaragerwaho ariko ko hakiri igihe.

Ati “Kugeza ubu ntabwo turabigeraho ariko tugezemo hagati, ubu turacyari kuri 31% ,ibyo rero bisaba ibintu byinshi birimo amashuri ahagije kugira ngo tubone aho abo bana bazigira, tumaze kugira ahagije ariko tugenda tuyongera umunsi ku wundi.”

Umukunzi Paul avuga ko hari icyizere ko iyi ntego izagerwaho

Umukunzi yagarutse kuri zimwe mu mbogamizi uru rwego rugihura nazo, akomoza ku myumvire ababyeyi n’urubyiruko bagifite.

Ati “Turacyafite imbogamizi z’imyumvire isa n’aho itarahinduka neza, ari byo tugira ngo dukomeze gufatanya kugira ngo Abanyarwanda cyane cyane ababyeyi n’urubyiruko bumve ko mu gihe gito kiri imbere, imirimo icyenda ku icumi izaba iri ku isoko ry’umurimo, izajya icyenera ubumenyingiro.”

Yakomeje ati “Ni yo mpamvu Leta yashyizeho iyi gahunda kugira ngo dutegure urubyiruko rwacu kuri ejo hazaza. Ejo hazaza ntawuzakubaza ngo wize iki ahubwo azajya akubaza ngo uzi gukora iki, ni iki ushoboye n’amaboko yawe.”

Iki kigo kivuga ko hari n’abagifite imyumvire ko kwiga imyuga ari ibintu biciriritse, bakavuga ko bigenewe uwacikrije amashuri cyangwa uwo kwiga byananiye.

Umukunzi avuga ko ibyo atari ukuri kuko no mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro habamo icyo cyiciro cya Porogaramu yigisha abashaka kwiga bakazagera kure kugeza no ku rwego rwa Kaminuza ariko akarusho ari uko bafite ubumenyi bujyanye n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.

Impuguke mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro zemeza ko ubu bumenyi bugezweho
Ni ibiganiro byarimo abafatanyabikorwa

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Next Post

Undi mukinnyi w’Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mukinnyi w’Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Undi mukinnyi w'Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.