• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

radiotv10by radiotv10
06/11/2025
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru gusa asezeranya ko azakomeza kuriba hafi.

Isezera ry’uyu munyamakuru, ryemewe na we ubwe, wirinze gutangaza izindi nshingano yerecyejemo, gusa akemeza ko zidahuye n’umwuga w’itangazamakuru yari amazemo igihe kinini.

Kagabo avuga ko nubwo izindi nshingano agiyemo atari iz’itangazamakuru, ariko azakomeza kuba hafi y’uyu mwuga, kuko hari ikiganiro azajya akora mu buryo bugezweho buzwi nka Podcast, kizajya gitambuka kuri YouTube Channel yashinze yitwa ‘KP Media’. Ati “Itangazamakuru ntiwarivamo rikurimo.”

Jean Pierre Kagabo asanzwe azwi mu biganiro bya politiki, ndetse no gutara no gutangaza inkuru zikomeye zirimo iza politiki, iz’ubuvugizi n’iz’imibereho myiza y’abaturage n’iterambere ry’Igihugu.

Byumwihariko yakoze ibiganiro RBA yagiranye na Perezida Paul Kagame, birimo icyabaye muri mu mpera za 2019 ubwo abantu bariho binjira mu mwaka mushya wa 2020.

Uyu munyamakuru avuga ko kimwe mu byamushimishije mu gihe yari amaze muri uyu mwuga, ari ukuba yarakoranye ikiganiro n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo nakwibagirwa kwakira Umukuru w’igihugu kubera ko mu itangazamakuru ni ikintu gikomeye cyane.”

Yari amaze imyaka 22 akorera RBA

Uyu munyamakuru watangiye gukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, mu yahoze yitwa ORINFOR muri 2003, yabaye Umunyamakuru utara akanatangaza inkuru, aho byumwihariko azwi mu nkuru ziremereye, dore ko yagiye gutara inkuru muri Repubulika ya Centrafrique, muri Mozambique, ahari Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro.

Mu nkuru zo mu gihe cya vuba zizwi yataye akanatangaza, ni iyo yakoze mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwigariko i Goma no mu nkengero zaho, ubwo Ihuriro AFC/M23 ryari rikimara gufata uyu Mujyi.

Icyo gihe uyu Munyamakuru wigereye ahari hakambitse abarwanaga ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, nk’ahitwa Mubambiro, yatangaje ko akurikije intwaro yahasanze yanagaragaje mu nkuru ye, ubutegetsi bwa Congo bwari bufite undi mugambi urenze uwo kurwana na M23.

Nyuma yo kuva gutara inkuru i Goma, yaganiriye na RADIOTV10 ayitangariza ibyo yiboneye n’amaso ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 17 =

Previous Post

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Next Post

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.