Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima yabo bakabarandurira imyaka, batabanje kubamenyesha, batanababwiye ko bazabishyura ingurane, bagasaba inzego kubyinjiramo.

Ukigera ahari gukorerwa iyi mirimo mu Kagali ka Kibilizi ndetse n’aka Muyira, usanganirwa n’abaturage bagaragaza ko nubwo bakeneye amazi, ariko ibikorwa biri gukorwa birimo kubangiriza imyaka bari barahinzemo.

Aba baturage bavuga ko bagiye kubona babona abantu baza guca imiyoboro mu mirima yabo, barandura imyaka batabanje kubabarira cyangwa ngo bababwire niba bazishyurwa.

Uwimana Alice utuye mu Kagari ka Kibilizi yagize ati “Baraje baca imiyoboro mu murima wanjye barandura ibishyimbo n’ibigori, ntihagira umbwira niba bazanyishyura. Twifuza ko batwishyura imyaka yacu.”

Uwizeyimana Agnes yongeraho ko batewe impungenge n’inzara bashobora guhura na yo. Ati “Twe icyo dusaba ni uko batubarira ibyo batwangirije bakabitwishyura, kuko nta handi twakura ibizatunga imiryango yacu. Nanjye bananduriye imyumbati, ibigori, kawa, amateke n’ibirayi. Ni inzara. Ikibazo, ntan’ubwo batubariye cyangwa ngo batubwire ko tuzishyurwa.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Kibilizi, Kayinamura Jean Baptiste, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukurikiranwa ku buryo mu minsi micye kizaba cyakemutse.

Yagize ati “Umuyoboro uri gukorwa ukura amazi mu Kagari ka Muyira uyajyana mu Kagari ka Kibilizi. Uri gukorwa bitewe n’ikibazo cya pompe yangiritse yajyanaga amazi ku bitaro bya Kibilizi no muri centre ya Kibilizi. Byabaye ngombwa ko dukorana inama n’abaturage tubamenyesha ikibazo gihari, tuzana umugenagaciro.”

Uyu muyobozi avuga ko kuri uyu wa Gatatu umugenagaciro azasinyisha abaturage kugira ngo bazabone uko bishyurwa. Ati “Bihangane, kubara no kubishyura byose biragendana kugira ngo dukemure ikibazo cy’amazi.”

Aba baturage bavuga ko bishimira aya mazi bari guhabwa, gusa bagasaba ko bakwishyurwa imitungo yabo yangijwe ndetse bagasaba ko mu gihe ibikorwa nk’ibi bigiye kubagezwaho bajya babanza kubarirwa imitungo yabo, kuko nk’ubu bafite impungenge ko nibabarurirwa nyuma ibyangijwe batarabarirwa hari abo bizagorana kumenya agaciro kabyo kuko bizaba byaramaze kwangirika.

Imyaka yabo yarangijwe batabanje kumenyeshwa

Basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Next Post

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Related Posts

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe
IBYAMAMARE

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

18/11/2025
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.