Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima yabo bakabarandurira imyaka, batabanje kubamenyesha, batanababwiye ko bazabishyura ingurane, bagasaba inzego kubyinjiramo.

Ukigera ahari gukorerwa iyi mirimo mu Kagali ka Kibilizi ndetse n’aka Muyira, usanganirwa n’abaturage bagaragaza ko nubwo bakeneye amazi, ariko ibikorwa biri gukorwa birimo kubangiriza imyaka bari barahinzemo.

Aba baturage bavuga ko bagiye kubona babona abantu baza guca imiyoboro mu mirima yabo, barandura imyaka batabanje kubabarira cyangwa ngo bababwire niba bazishyurwa.

Uwimana Alice utuye mu Kagari ka Kibilizi yagize ati “Baraje baca imiyoboro mu murima wanjye barandura ibishyimbo n’ibigori, ntihagira umbwira niba bazanyishyura. Twifuza ko batwishyura imyaka yacu.”

Uwizeyimana Agnes yongeraho ko batewe impungenge n’inzara bashobora guhura na yo. Ati “Twe icyo dusaba ni uko batubarira ibyo batwangirije bakabitwishyura, kuko nta handi twakura ibizatunga imiryango yacu. Nanjye bananduriye imyumbati, ibigori, kawa, amateke n’ibirayi. Ni inzara. Ikibazo, ntan’ubwo batubariye cyangwa ngo batubwire ko tuzishyurwa.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Kibilizi, Kayinamura Jean Baptiste, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukurikiranwa ku buryo mu minsi micye kizaba cyakemutse.

Yagize ati “Umuyoboro uri gukorwa ukura amazi mu Kagari ka Muyira uyajyana mu Kagari ka Kibilizi. Uri gukorwa bitewe n’ikibazo cya pompe yangiritse yajyanaga amazi ku bitaro bya Kibilizi no muri centre ya Kibilizi. Byabaye ngombwa ko dukorana inama n’abaturage tubamenyesha ikibazo gihari, tuzana umugenagaciro.”

Uyu muyobozi avuga ko kuri uyu wa Gatatu umugenagaciro azasinyisha abaturage kugira ngo bazabone uko bishyurwa. Ati “Bihangane, kubara no kubishyura byose biragendana kugira ngo dukemure ikibazo cy’amazi.”

Aba baturage bavuga ko bishimira aya mazi bari guhabwa, gusa bagasaba ko bakwishyurwa imitungo yabo yangijwe ndetse bagasaba ko mu gihe ibikorwa nk’ibi bigiye kubagezwaho bajya babanza kubarirwa imitungo yabo, kuko nk’ubu bafite impungenge ko nibabarurirwa nyuma ibyangijwe batarabarirwa hari abo bizagorana kumenya agaciro kabyo kuko bizaba byaramaze kwangirika.

Imyaka yabo yarangijwe batabanje kumenyeshwa

Basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.