• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima yabo bakabarandurira imyaka, batabanje kubamenyesha, batanababwiye ko bazabishyura ingurane, bagasaba inzego kubyinjiramo.

Ukigera ahari gukorerwa iyi mirimo mu Kagali ka Kibilizi ndetse n’aka Muyira, usanganirwa n’abaturage bagaragaza ko nubwo bakeneye amazi, ariko ibikorwa biri gukorwa birimo kubangiriza imyaka bari barahinzemo.

Aba baturage bavuga ko bagiye kubona babona abantu baza guca imiyoboro mu mirima yabo, barandura imyaka batabanje kubabarira cyangwa ngo bababwire niba bazishyurwa.

Uwimana Alice utuye mu Kagari ka Kibilizi yagize ati “Baraje baca imiyoboro mu murima wanjye barandura ibishyimbo n’ibigori, ntihagira umbwira niba bazanyishyura. Twifuza ko batwishyura imyaka yacu.”

Uwizeyimana Agnes yongeraho ko batewe impungenge n’inzara bashobora guhura na yo. Ati “Twe icyo dusaba ni uko batubarira ibyo batwangirije bakabitwishyura, kuko nta handi twakura ibizatunga imiryango yacu. Nanjye bananduriye imyumbati, ibigori, kawa, amateke n’ibirayi. Ni inzara. Ikibazo, ntan’ubwo batubariye cyangwa ngo batubwire ko tuzishyurwa.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Kibilizi, Kayinamura Jean Baptiste, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukurikiranwa ku buryo mu minsi micye kizaba cyakemutse.

Yagize ati “Umuyoboro uri gukorwa ukura amazi mu Kagari ka Muyira uyajyana mu Kagari ka Kibilizi. Uri gukorwa bitewe n’ikibazo cya pompe yangiritse yajyanaga amazi ku bitaro bya Kibilizi no muri centre ya Kibilizi. Byabaye ngombwa ko dukorana inama n’abaturage tubamenyesha ikibazo gihari, tuzana umugenagaciro.”

Uyu muyobozi avuga ko kuri uyu wa Gatatu umugenagaciro azasinyisha abaturage kugira ngo bazabone uko bishyurwa. Ati “Bihangane, kubara no kubishyura byose biragendana kugira ngo dukemure ikibazo cy’amazi.”

Aba baturage bavuga ko bishimira aya mazi bari guhabwa, gusa bagasaba ko bakwishyurwa imitungo yabo yangijwe ndetse bagasaba ko mu gihe ibikorwa nk’ibi bigiye kubagezwaho bajya babanza kubarirwa imitungo yabo, kuko nk’ubu bafite impungenge ko nibabarurirwa nyuma ibyangijwe batarabarirwa hari abo bizagorana kumenya agaciro kabyo kuko bizaba byaramaze kwangirika.

Imyaka yabo yarangijwe batabanje kumenyeshwa

Basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.