• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
09/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko ikipe ayoboye yiteguye gukina nta bwoba, igamije gutsinda no gutanga ibyishimo ku bafana bayo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Bruno yagarutse ku bakinnyi bashya bageze muri Rayon Sports, agaragaza ko anyuzwe cyane n’uko ubuyobozi bw’ikipe bwakoze ibishoboka byose bukabazanira abakinnyi bashobora kongera imbaraga mu ikipe. Nubwo yemeye ko igihe cyo gukorana na bo cyabaye gito, yavuze ko bafite ubunararibonye buhagije bwo kwinjira mu ikipe vuba bagasubiza ibyifuzo by’umutoza n’ikipe muri rusange.

Yagize ati: “Ni abakinnyi bafite experience, bashobora kwinjira mu ikipe vuba. Turabategerejeho byinshi, haba kuri uyu mukino wa Super Cup ndetse no mu mikino isigaye y’uyu mwaka w’imikino.”

Yashimangiye ko intego ari imwe gusa: gutsinda no kwegukana Super Cup. Yavuze ko yasabye abakinnyi be gutanga byose mu buryo bw’imikinire, mu bushake no mu mihate, kugira ngo bazave mu kibuga bumva bakoze inshingano zabo neza.

Ati: “Ndashaka umukino wuzuye, ugaragaza kwitanga n’ubwitange. Icy’ingenzi ni uko tutazagira ibyo twicuza, kuko tuzasoza tubyina insinzi dufite igikombe.”

Rayon Sports imaze imikino itandatu idatsinda APR FC mu mikino yose, by’umwihariko ntirayitsindira muri Stade Amahoro kuva yavugururwa.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − two =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Next Post

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.