Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana iwe, bakararayo, yahamijwe icyaha akatirwa gufungwa imyaka 10.

Uyu mwarimu witwa Thomas Ntivuguruzwa waburanishwaga n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, yigisha mu ishuri rya Nyanza TSS ryahoze ryitwa ETO Gitarama, riri mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 25, mu maburanisha yabaye, bwasobanuriye Urukiko imiterere y’icyaha bwaregaga uyu murezi.

Ubushinjacyaha buvuga ko tariki ya 30/03/2024 mu masaha y’umugoroba mwarimu Thomas yahuye n’abana b’abakobwa babiri, umwe w’imyaka 15 undi w’imyaka 17 barimo gucuruza ibiraha, mu gasantiri ka Butansinda abajyana iwe mu rugo, ababwira ko agiye kubagurira ibiraha bagezeyo binjira mu nzu, arafunga atangira kurya ibiraha na bo arabaha.

Abana baje kumwishyuza 1 200 Frw ngo batahe ntiyayabaha ahubwo ngo ababwira ko barara, abajyana mu cyumba bararyama ndetse aranabasambanya, bigeze mu gitondo abasiga aho abakingiranye arigendera.

Bimenyekana abana bavugije induru maze bakingurirwa n’umukozi ukora isuku mu nzu y’abarimu (abana bari bakingiranwe muri iyo nzu ya mwarimu Thomas), maze uriya mukozi na we amenyesha ubuyobozi, Thomas atangira gukurikiranwa.

Ubushinjacyaha bugasabira igihano Thomas cyo gufungwa imyaka 25.

Thomas ahakana icyaha avuga ko kuri iriya taliki yasize umukozi umumesera, ajya ku nshuti ye avuyeyo atashye asanga abana bicaranye na wa mukozi muri saloon ya Thomas.

Ahageze imvura ihita igwa yanga kubohereza ngo bagende, arabareka bararyama abyutse mu gitondo ahereza wa mukozi urufunguzo amubwira ko abana nibashaka gutaha, abafungurira bagataha. Agarutse nibwo yasanze hari inzego z’umutekano.

Thomas wiyemerera ko abana baraye iwe, avuga ko umwe muri bo yajyaga amubona mu isantiri ya Butansinda, naho undi we atamuzi.

Thomas akomeza avuga ko atigeze abona umwanya wo kubaza aba bana icyo baje gukora mu rugo rwe, n’impamvu bahaje ngo bitewe n’amasaha yari ahagereye ko kandi nta numero z’ubuyobozi yari afite ku buryo yari kubamenyesha. Thomas NTIVUGURUZWA agasaba kugirwa umwere.

 

Uko urukiko rubibona

Urukiko rusesenguye rusanga uriya mukozi w’abarimu yaravuze ko yabonye Thomas atahanye n’abo bana b’abakobwa, kandi ko yamusigiye urufunguzo agiye kugenda ngo aze kubakingurira, kandi ibi bishimangirwa n’uko hari umutangabuhamya wababonye mu idirishya aho na we yarahurujwe.

Urukiko rusanga hari raporo yakozwe n’abahanga mu gucukumbura (RFI) yerekana ko basanze ibisa n’amasohoro mu ikariso y’umwe muri aba bana, ndetse no mu gitsina cy’uriya mwana imbere, kandi ko habonetsemo DNA ivanze (Iy’umugabo n’iy’umugore).

Iyi raporo na yo ikaba yashingirwaho nk’ikimenyetso kuko nta wundi mugabo wari kumwe n’uriya mwana atari Thomas, dore ko na we ubwe yiyemerera ko nta wundi muntu waraye muri iyo nzu, uretse we n’abo bana, ukaba wakwibaza impamvu yabararanye batamusabye icumbi, nta n’icyo apfana na bo cyari gutuma bararana nta n’undi muyobozi yabwiye, cyangwa se ngo amenyeshe ababyeyi babo, bikaba bigaragaza umugambi yari afite wo kubasambanya.

Urukiko rurasanga kandi kuba aba bana barasanzwe mu nzu ya Thomas n’ubwo avuga ko atazi uburyo bahageze, ndetse atazanye na bo, ariko niyo yaba atazanye na bo nka nyiri icumbi yari afite inshingano zo kumenya abantu bari iwe, aho baturutse n’ikibagenza.

Ikindi kuba ari n’umurezi akabona abana bangana n’abe, yagombye kuba yaragize amakenga agahamagara undi ubacumbikira w’umugore, cyane ko nta n’icumbi bari bamwatse ahubwo bamusabaga kubakingurira akabyanga.

Urukiko rurasanga kuba ashinjwa n’abana ntacyo bapfa, kandi mwarimu Thomas na we muri RIB yiyemereye ko ari we wenyine wararanye na bo muri iyo nzu, bishyigikiwe na raporo y’abahanga yakozwe n’ikigo cya RFI yemeje ko basanze ibisa n’amasohoro mu ikariso y’umwe muri aba bana, ndetse no mu gitsina cye imbere, kandi ko DNA ivanze (iy’umugabo n’iy’umugore) ndetse n’imvugo z’abatangabuhamya, byose bikaba ari ibimenyetso simusiga byerekana ko mwarimu Thomas NTIVUGURUZWA yakoze icyaha cyo gusambanya umwana akaba agomba kugihanirwa.

 

Ibijyanye no kumenya ibihano byahabwa Thomas

Urukiko rwisunze ingingo z’amategeko rusanga Thomas NTIVUGURUZWA yarakoze icyaha cyo gusambanya umwana ufite imyaka 17.

Urukiko rusesenguye rusanga n’ubwo Thomas NTIVUGURUZWA yakoze icyaha gifite ingaruka zikomeye, kandi akaba ari icyaha cy’ubugome byongeye kandi akaba atacyemera, ariko na none urukiko rurasanga ari ubwa mbere akurikiranwe n’inkiko ku buryo buzwi, kuko nta kimenyetso na kimwe cyagaragajwe cyerekana ko yigeze guhanirwa ikindi cyaha mbere y’iki.

Ibi bikaba bivuze ko asanzwe yitwara neza, ibi byose urukiko rusanga hari impamvu nyoroshyacyaha ituma Thomas NTIVUGURUZWA agabanyirizwa ibihano, bityo Thomas NTIVUGURUZWA akaba agomba guhanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 mu igororero.

 

Icyemezo cy’urukiko

Urukiko rwemeje ko Thomas NTIVUGURUZWA ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana, ndetse rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 mu igororero.

Urukiko kandi rwategetse ko Thomas NTIVUGURUZWA asonewe kwishyura Frw 20,000 kuko aburana afunzwe. Mwarimu Thomas NTIVUGURUZWA w’imyaka 50 niba ataranyuzwe n’iki gihano, afite uburenganzira bwo kujurira.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Next Post

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.