• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in MU RWANDA
0
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo ku ivuko nyuma yuko yari yatonganye n’umubyeyi we [Se] ngo wamubwiye amagambo akomeretsa umutima, akagera n’aho amubwira ko azapfa nk’imbwa ntacyo azimarira.

Uyu musore yari yatashye iwabo batuye mu Mudugudu wa Kavura mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Muhazi, muri kariya Karere ka Rwamagana.

Nyina w’uyu musore witwa Tayebwa Hally, ni we wabanje kumubona yapfuye, aho yamusanze mu cyumba amanitse mu mugozi, bikaba bikekwa ko yaba yiyahuye.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kavura, avuga ko atari azi nyakwigendera kuko yabaga mu Mujyi wa Kigali, akaba yiyahuye ubwo yari yatashye iwabo.

Uyu muyobozi avuga ko kwiyambura ubuzima byakozwe n’uyu musore, bishobora kuba bifitanye isano n’intonganya yari yabanje kugirana na se.

Ati “Uwo mwana akaba yaraje agasanga Se mu rugo bagatongana bikagera aho Se amubwira ko azapfa nk’imbwa ndetse ntacyo yimariye. Ibyo byatumye umwana arakara, arimyoza ajya mu cyumba.”

Mudugudu avuga ko ubwo inzego z’ibanze zajyaga muri uru rugo, se wa nyakwigendera yanze ko binjira, akabirukana, ari na bwo bahitaga biyambaza inzego z’umutekano.

Ati “Uwo mugabo yaratwirukanye bityo twanzura ko inzego z’umutekano zikura uwo mugabo muri urwo rugo ntaharare.”

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko uyu muryango uhoramo amakimbirane, aho umugore n’umugabo bahora batongana bakanarwana.

Uyu mugabo uvugwaho kuba yabwiye amagambo mabi nyakwigendera akiyambura ubuzima, bivugwa ko mu minsi ishize yari yanafunzwe kubera gukubita umugore we ariko akaza kurekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eleven =

Previous Post

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Next Post

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.