Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera imyigaragambyo yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba.
Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Mwigulu Nchemba, yavuze ko amafaranga yari kuzakoreshwa mu birori byari biteganyijwe ku wa 9 Ukuboza 2025, azakoreshwa mu gusana ibikorwa remezo byangijwe mu myigaragambyo yabaye mu kwezi gushize.
Ibi byatangajwe mu gihe abatavuga rumwe na Leta bari bamaze igihe bashishikariza abaturage kuza mu birori by’umunsi w’ubwigenge kugira ngo berekane ko batishimiye ubwicanyi bwabaye nyuma y’amatora y’igihugu atavugwaho rumwe yabaye ku wa 29 Ukwakira uyu mwaka, yasize Perezida Samia Suluhu Hassan atsinze ku majwi 98%.
Abatavuga rumwe na Leta bakeka ko abantu benshi bishwe mu myigaragambyo, icyakora Leta ntiratangaza imibare y’abishwe. Icyakora yatangaje ko yashyizeho komisiyo yo kubikoraho iperereza, nubwo abatavuga rumwe na Leta bagaragaje impungenge ku bwigenge bw’iyi komisiyo.
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025, Minisitiri w’Intebe wa Tanzania yaburiye Abanya-Tanzania kwirinda urugomo no kwitabira ibiganiro bya politiki, kuko kutabikora bishobora kubagiraho ingaruka.
RADIOTV10











