Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu, rikigoye, kuko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ubushake bucye bwa Politiki.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RIF, aho yabajijwe ku ishusho y’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, n’ibiri gukorwa mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’i Washington.

Tariki 27 Kamena 2025 Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington, agaragaza uburyo ibi bibazo byabonerwa umuti, asaba Leta ya Congo kurandura umutwe wa FDLR, ndetse n’u Rwanda rukaba rwarasabwe gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho.

Aya masezerano yashyizweho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC, yagombaga gukurikirwa n’aya burundu yari gusinywa n’Abakuru b’Ibihugu byombi; Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa DRC, ariko isinywa ryayo rikaba ryaragiye ryigizwa inyuma.

Umunyamakuru yabajije Minisitiri Nduhungirehe niba hari icyizere ko aya masezerano ya burundu yazaba yasinywe mbere ya Noheli y’uyu mwaka [ubwo ni mbere ya tariki 25 Ukuboza 2025], avuga ko bikigoye, kuko ubutegetsi bwa Congo bugikomeje kurangwa n’ubushake bucye.

Ati “Ntabwo mbizi, hari ingengabihe yagenwe na CONOPS y’iminsi 90 ariko byose bishoboka ari uko hari ubushake bwa politiki bwo kurandura umutwe wa FDLR, hanyuma hakarebwa icyakurikiraho, ariko igihe cyose hatari ubushake bwa politiki nta na kimwe kizakorwa.”

Abajijwe ku bivugwa n’ubutegetsi bwa Congo ko bwatangiye kwambura intwaro abarwanyi b’umutwe wa FDLR, Amb. Nduhungirehe yavuze ko icyo ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Ati “Ntabyo tubona, ibyo ni ibitangazwa na bo. FDLR iracyari hariya, FDLR ntabwo iri kurandurwa nk’uko biteganywa n’amasezerano y’amahoro y’i Washington.”

Amb. Nduhungirehe avuga ko icyabayeho gusa ari itangazo rya nyirarureshwa riherutse gushyirwa hanze n’ubuyobozi bwa FARDC, bwavugaga ko hagiye kubaho kwambura intwaro uyu mutwe, ndetse na wo ugashyira hanze itangazo naryo rya nyirarureshwa uvuga ko abarwanyi bawo bari biteguye gushyira hasi intwaro babifashijwemo na MONUSCO, ariko ngo bagakomwa mu nkokora ngo na M23.

Avuga ko kandi nyuma y’icyo gihe, umuvugizi wa FDLR we ubwe yivugiye ko badateze gushyira hasi intwaro, ahubwo ko biteguye kurwana kugeza ku isegonda rya nyuma.

Ati “Rero rwose FDLR iri hariya iraganje, kandi ikomeje gufashwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa. Twe icyo dusaba ni uko bayirandura nk’uko biteganywa n’amasezerano y’amahoro y’i Washington.”

Ku bijyanye n’urwego rw’umutekano ruhuriweho rwashyiriweho kurandura uyu mutwe wa FDLR, Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko hamaze kubaho ibiganiro inshuro enye by’abagize uru rwego, hagamijwe kurebwa uburyo hashyirwa mu bikorwa ibiteganywa n’ariya masezerano.

Ati “Ibiganiro birakomeje ariko kugeza uyu munsi FDLR ntabwo irarandurwa, twizeye ko bizakorwa nk’uko bigenwa n’ariya masezerano twashyizeho umukono.”

Abajijwe igihe ibikorwa byo kurandura FDLR bizatangirira, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yavuze ko ikiriho gikorwa ari ibiganiro kandi ko bikomeje.

Ati “rero twizeye ko bizatera intambwe, ariko mu by’ukuri ntakintu gishobora kuzakorwa igihe haba hatariho ubushake bwa Politiki bw’ubutegetsi bwa Kinshasa kuri iki kibazo cya FDLR, kuko twabivuze kuva cyera ariko kugeza ubu FDLR iracyari mu gisirikare cya Congo kandi iracyaterwa inkunga na Kinshasa.”

Yavuze ko icyo u Rwanda rukeneye ari uko uriya mutwe wa FDLR urandurwa, atari amacenga yakomeje kugenda ashyirwaho n’ubutegetsi bwa Congo buvuga ko buri kugenzura aho abarwanyi bawo baherereye, cyangwa gusohora amatangazo nk’ariya y’urwiyerurutso.

Abajijwe niba u Rwanda rwiteguye gukuraho ingamba z’ubwirinzi igihe FDLR yaba yaranduwe, Nduhungirehe yavuze ko hazakurikizwa ibiteganywa n’ariya masezerano, ariko ko igihe cyose impungenge z’umutekano warwo bigaraga ko zavuyeho zirimo uriya mutwe w’iterabwoba, ntacyabuza u Rwanda gukuraho izo ngamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho
MU RWANDA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.