• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

radiotv10by radiotv10
02/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga akorwa muri ruhago azwi nka Match Fixing, ariho koko, kandi abayakora hari ikibategereje kizabatungura.

Bonnie Mugabe uherutse kugirwa Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, yatangaje ibi mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse ku migabo n’imigambi yinjiranye muri iri shyirahamwe ryakunze kuvugwamo ibibazo byinshi binadindiza iterambere rya ruhago nyarwanda.

Ku kibazo cyo kugura imikino ibizwi nka Match Fixing, cyakunze gutungwa agatoki mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ndetse byanavuzwe kuri bamwe mu bayobora amakipe, Bonnie Mugabe, yavuze ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko bikorwa.

Yagize ati “Biri no bituma tutagera aho tugomba kugera kuko match manipulation, match betting, turabizi ko bihari, kandi ni ikibazo gikomeye cyane, ariko nka FERWAFA ntabwo dufite uruhare ruri direct [rutaziguye] kugira ngo tube twabihagarika, ariko ibikorwa turabizi.”

Bonnie Mugabe avuga ko nubwo adafite ibimenyetso simusiga by’aya manyanga akorwa muri ruhago nyarwanda, ariko ko iri shyirahamwe risanzwe riyafiteho amakuru ahagije, ku buryo n’imbaraga zaryo mu kubirandura zifite aho zizahera.

Ati “Turabizi aho bikorerwa, ababirimo, ari hano mu Rwanda no hanze yo mu Rwanda. Hari byinshi ntashobora kuvuga ariko abo bireba rimwe bazatungurwa kandi bisabwa umuntu umwe gusa ni bwo muzabona ingaruka z’ibi bintu.”

Ikibazo cya Match Fixing cyakunze kuvugwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ndetse hari bamwe bagiye babivugwaho bamwe baranatahurwa, nka Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi wumvikanye mu majwi yo kuri telefone avugana na myugariro wa Musanze FC, Bakaki Shafiq amusaba gutsindisha ikipe ye mu mukino wayihuje na Kiyovu Sports.

Ibi byatumye uyu mutoza wanabaye umukinnyi mu makipe anyuranye mu Rwanda, wanakiniye ikipe y’Igihugu, ahanishwa guhagarikwa umwaka wose atagaragara mu bikorwa by’umupira w’amaguru. Icyemezo yafatiwe muri Werurwe 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Next Post

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n'aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.