Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi muri White House i Washington D.C. Menya ingengabihe y’iyi gahunda.

Umuhango wo gusinya aya masezerano, uraba kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, aho Abakuru b’Ibihugu byombi bamaze kugera i Washington D.C. ndetse n’abatumirwa.

Ibikorwa byo gusinya aya masezerano, biteganyijwe gutangisa saa yine za mu gitondo (10:00) ku isaha y’i Washington (biraba ari saa 5:00 z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda), ibimburirwe n’umuhango wo kwakira abashyitsi mu muhezo.

Biteganyijwe ko Perezida Trump aba aherekejwe n’abayobozi bakuru bo muri Guverinoma ya Amerika, barimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, baza kwakira abayobozi bombi (uw’u Rwanda na RDC).

Ibiganiro bibera mu muhezo bigamije gushyiraho umusingi w’ibiganiro Amerika ivuga ko ari intambwe ikomeye cyane muri diplomasi.

Hagati ya saa 10:30 na saa 11:30 za mu gitondo (saa 5:30 kugeza saa 6:30 z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda], abayobozi batatu barahurira mu cyumba cya East Room mu muhango nyir’izina wo gusinya amasezerano, utambutswa imbona nkubone mu buryo bw’amashusho.

Nk’uko bigaragara muri iyo gahunda, uwo muhango uribanda ku byemezo birimo gushyiraho agahenge, kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro, no gushyiraho ingamba zo kwemeza uko ubutabazi bugera ku baturage babukeneye.

Aya masezerano akubiyemo kandi ibijyanye n’ubufatanye mu by’ubukungu, birimo gukorana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro no gushyira mu bikorwa imishinga minini y’ibikorwa remezo, ihuriwemo n’abashoramari bo muri Amerika.

Biteganyijwe ko Perezida Trump ashimangira uruhare rwa Amerika mu buhuza bwagejeje kuri ayo masezerano, mu gihe Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi baza gutanga ijambo rigufi nyuma yo kuyashyiraho umukono.

Hagati ya saa 11:30 na saa 1:00 z’amanywa (saa 6:30 kugeza saa 8:00 z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda), harafatwa ifunguro ribera mu muhezo muri State Dining Room, ibiganiro bikaza kwibanda ku buryo amasezerano azashyirwa mu bikorwa.

Kimwe mu biza kuganirwaho, ni ibizakurikira mu minsi iri imbere, by’umwihariko mu gihe cy’iminsi 90, hakurikijwe amasezerano yabanje hamwe no gushyiraho inzego zigenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano, zishobora kuba zirimo indorerezi zo muri Amerika cyangwa Qatar.

Ibiganiro biranagaruka ku nyungu z’ubukungu zishingiye ku ishoramari rya Amerika mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC, by’umwihariko cobalt na coltan.

Ikiganiro n’Itangazamakuru

Hagati ya saa 1:00 na saa 2:30 z’amanywa (saa 8:00 kugeza saa 9:30 z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda), abayobozi baragira umwanya mugufi wo kuganira n’itangazamakuru bari kumwe n’Umuvugizi wo mu biro bya Perezida Zunze Ubumwe za Amerika (White House), Karoline Leavitt, hakurikireho gufata amafoto.

Nyuma yaho, abayobozi baritabira izindi gahunda zabo ku ruhande.

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bivuga ko igikorwa cy’uyu munsi, kigize amasezerano akomeye kurusha ayandi yabayeho, Amerika yahujemo u Rwanda na RDC mu myaka myinshi ishize, bikaba bigaragaza Washington nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi mu gushimangira amahoro arambye mu Karere.

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eight =

Previous Post

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Next Post

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru 'Djihad' uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.