• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy’ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi, ubu barashima ubuvugizi bakorewe n’itangazamakuru, ko bwatanze umusaruro, kuko nyuma yabwo, basaniwe kiriya gikorwa.

Aba bahinzi bari babwiye RADIOTV10 ko bafite impungenge zo kuzabona aho bazanika umusaruro wabo, kuko ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n’imvura nyinshi yaguye ivanzemo n’umuyaga.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa 10 nibwo abahinga umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo ku gice cy’Umurenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana bari bahuye n’ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga byatwaye ibisenge by’ubwanikiro.

Muri icyo gihe babwiye RadiTV10 ko nta kizere cyo kubona aho kwanika umuceri bagiye gusarura. Kuri ubu, ngo biteguye gusarura bishimiye ubuvugizi bakorewe n’iki gitangazamakuru, ubwanikiro bukaba bwarahise bukorwa bukaba buneze neza.

Uwitwa Tuyishinire Bill Clinton ati “Twarishimye kuba barongeye kutwubakira ubwanikiro, imyaka yacu ntabwo izongera kunyagirwa. Turashimira Radiyo 10 kuba baratuvuganiye.”

Undi witwa Mujawayezu Dative ati “Mu gihe ubu bwanikiro bwari bwaragurutse, twari dufite amahirwe make yo kubona aho twanika imyaka yacu ikangirika. Kuba rero bwongeye bugatunganywa bukaba busakaye, tuzabona aho tuzasarurira imyaka yacu. Turashimira Radiyo 10 yakoze ubu buvugizi bakongera bakadukorera ubu bwanikiro bakabusakara.”

Aba bahinzi bavuga ko kuba barasaniwe ubwanikiro bw’umuceri, kandi bakaba bagiye gutangira gusarura, ngo bizabafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko utarangirika, kandi bagashimira uruhare rw’itangazamakuru ryabakoreye ubuvugizi ikibazo cyabo kikaba cyarakemutse.

Ubwanikiro bwabo bwari bwagurutse
Bibazaga uko bazanika umusaruro wabo byabayobeye
Bwarasanwe ubu burahagaze
Babyishimiye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Next Post

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.