Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu bibazo byo gucibwa amande cyane cyane kuri Petite Barrière, mu gihe Impuzamakoperative y’Abanyonzi bo mu Karere ka Rubavu yo ivuga ko hari ahantu harenze hamwe bemerewe guparika.

Abo ni bamwe mu banyonzi bakorera akazi kabo ka buri munsi mu bice bitandukanye by’umugi wa Gisenyi no mu nkengero zaho mu Karere ka Rubavu. Aba bahamirije umunyamakuru ko barembejwe n’amande bacibwa kubera parking, dore ko aho bafatiwe hose baba bavana cyangwa bashyira abagenzi ku magare, bakabwirwa ko hatemewe, bityo bakibaza uko bazakora bikabayobera.

Uwiringiyimana Gérard ati “Twe aho duparitse hose twaba turi gushyiraho umugenzi cyangwa turi kumukuraho baradufata ngo uparitse ahatemewe. Uwari we wese aragufata yaba umudaso, yaba umunyerondo n’abandi b’izindi nzego. Rero ntabwo bigeze batwereka parking. Njye mbona aka ari akarengane kuko bagukura ku igare nabi bakaguca ibihumbi 11 n’amagana inani, nta n’ayo uba wakoreye kuko ushobora kumara ukwezi utarayakorera.”

Niragire Jonas ati “Turagambanirwa, birazwi! Wenda hari igihe umuntu aba ahagaze nabi pe, ariko hari ukuntu baza bagatwarira abantu bose hamwe bakabajyana kuri bureau, barangiza bagaca abantu amafaranga.”

Cyokora ubuyobozi bw’Impuzamakoperative y’Abanyonzi bakorera mu Karere ka Rubavu bwo buvuga ko iki kibazo bwatangiye kukikemura buhereye ahavugwaga ibibazo bikomeye, nk’uko Hakizimana Bernard uyobora iyi mpuzamakoperative y’abanyonzi abisobanura.

Hakizimana Bernard ati “Twabahaye ahahoze haparika Jaguar ijya Uganda, twongera tubahereza ahitwa ku Munara werekeza za Mbugangari kugira ngo bave mu byo kuzenguruka bakatakata mu mupaka kuko byatumaga abantu bahutara, na bo bagahora bikubita hasi bagakomereka. Tubona ko bibabaje tubashakira parking, yewe no kuri gare twaberetse aho bagomba guparika bidateje akavuyo.”

Ibice bitungwa agatoki ko bikunze guhohotererwamo abo banyonzi cyane ni ku mupaka muto Petite Barrière, ari na ho uyu muyobozi avuga ko hashyizwe parking ebyiri zemewe kugira ngo bajye bazikoreramo bubahiriza amabwiriza anagamije kugabanya akavuyo n’impanuka za hato na hato muri gahunda ya Turindane Tugereyo Amahoro.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 1 =

Previous Post

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Next Post

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.