Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu bibazo byo gucibwa amande cyane cyane kuri Petite Barrière, mu gihe Impuzamakoperative y’Abanyonzi bo mu Karere ka Rubavu yo ivuga ko hari ahantu harenze hamwe bemerewe guparika.

Abo ni bamwe mu banyonzi bakorera akazi kabo ka buri munsi mu bice bitandukanye by’umugi wa Gisenyi no mu nkengero zaho mu Karere ka Rubavu. Aba bahamirije umunyamakuru ko barembejwe n’amande bacibwa kubera parking, dore ko aho bafatiwe hose baba bavana cyangwa bashyira abagenzi ku magare, bakabwirwa ko hatemewe, bityo bakibaza uko bazakora bikabayobera.

Uwiringiyimana Gérard ati “Twe aho duparitse hose twaba turi gushyiraho umugenzi cyangwa turi kumukuraho baradufata ngo uparitse ahatemewe. Uwari we wese aragufata yaba umudaso, yaba umunyerondo n’abandi b’izindi nzego. Rero ntabwo bigeze batwereka parking. Njye mbona aka ari akarengane kuko bagukura ku igare nabi bakaguca ibihumbi 11 n’amagana inani, nta n’ayo uba wakoreye kuko ushobora kumara ukwezi utarayakorera.”

Niragire Jonas ati “Turagambanirwa, birazwi! Wenda hari igihe umuntu aba ahagaze nabi pe, ariko hari ukuntu baza bagatwarira abantu bose hamwe bakabajyana kuri bureau, barangiza bagaca abantu amafaranga.”

Cyokora ubuyobozi bw’Impuzamakoperative y’Abanyonzi bakorera mu Karere ka Rubavu bwo buvuga ko iki kibazo bwatangiye kukikemura buhereye ahavugwaga ibibazo bikomeye, nk’uko Hakizimana Bernard uyobora iyi mpuzamakoperative y’abanyonzi abisobanura.

Hakizimana Bernard ati “Twabahaye ahahoze haparika Jaguar ijya Uganda, twongera tubahereza ahitwa ku Munara werekeza za Mbugangari kugira ngo bave mu byo kuzenguruka bakatakata mu mupaka kuko byatumaga abantu bahutara, na bo bagahora bikubita hasi bagakomereka. Tubona ko bibabaje tubashakira parking, yewe no kuri gare twaberetse aho bagomba guparika bidateje akavuyo.”

Ibice bitungwa agatoki ko bikunze guhohotererwamo abo banyonzi cyane ni ku mupaka muto Petite Barrière, ari na ho uyu muyobozi avuga ko hashyizwe parking ebyiri zemewe kugira ngo bajye bazikoreramo bubahiriza amabwiriza anagamije kugabanya akavuyo n’impanuka za hato na hato muri gahunda ya Turindane Tugereyo Amahoro.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − seven =

Previous Post

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Next Post

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.