Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira mu nzu zabo, andi akawurekamo, bigatuma hororokera imibu ikomeje kubateza Malaria.
Aba baturage biganjemo abo mu Mudugudu wa Nyantomvu mu Kagari ka Rugerero, Umurenge wa Rugerero, bavuga ko ikibazo cy’umuhanda wangiritse ku buryo bagerageje no gukora umuganda ariko biba iby’ubusa.
Mvuyekure Jean Claude ati “Baje kubaka inzu aha maze za HOWO zatundaga ibikoresho zirawangiza cyane! Wowe se ntubona ibi biziba biri hano? Badufashe bawukore imibu ireke kuturya kuko iraturembeje.”
Barigora Celestin ati “Twakoranyije umuganda w’imirenge ibiri ariko kubera uburyo hangiritse nawe reba, wagira ngo ntacyakozwe.”
Kubera iyo mpamvu rero, aba baturage bagaruka ku ngaruka bahura na zo kubera uyu muhanda; bakaziheraho batabaza ubuyobozi ngo bubafashe gukemura iki kibazo.
Mvuyekure Jean Claude ati “Malaria iraturembeje rwose, reba uko meze ubu ndayikirutse, nagiye kwa muganga ndi hafi gupfa kubera malaria. Ibi biziba bikurura imibu maze ikadutera malaria.”
Mukamusoni Venantie ati “Amazi yarakomezaga akagenda akiroha muri Sebeya none bayakumiriye kuri kaburimbo, araza akiroha iwanjye mu nzu ku buryo isaha n’isaha inzu yagwa hasi kuko yanze gukama. Nabaye nk’umuntu utuye mu gishanga.”
Barigora ati “Njye reba malaria igiye no kunyica! Uwadufasha uyu muhanda ugashakirwa rigore, naho bitabaye ibyo barajya bashyingura buri munsi.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette avuga ko hari gahunda yo gushyira kaburimbo muri uyu muhanda n’ubwo adatangaza igihe bizakorerwa.
Gitifu Jeannette ati “Ni aho duhana imbibe n’Umurenge wa Rubavu, gusa igice cyangiritse cyane n’icyo mu Murenge wacu kubera imodoka zazanaga ibikoresho mu mudugudu uri kubakwa iwacu. Ubushize rero twari twahakoze umuganda dushyiramo amabuye n’ibicangarayi umera neza, ariko ndareba niba wenda igice cya ruguru cyaba ari cyo gifite ikibazo tukongera kuhakora umuganda tugashyiramo amabuye n’ibicangarayi.”
Uyu muhanda uhuza abaturage bo mu Midugudu itatu y’Akagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero, unifashishwa n’abaturage batandukanye bo mu Karere ka Rubavu dore ko ugera ku irimbi rusange ry’aka Karere, hakiyongeraho Umudugudu w’Ikitegererezo wa Ruranga uri kubakwa muri umwe muri iyo midugudu uhurirwaho.



Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10










