Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira mu nzu zabo, andi akawurekamo, bigatuma hororokera imibu ikomeje kubateza Malaria.

Aba baturage biganjemo abo mu Mudugudu wa Nyantomvu mu Kagari ka Rugerero, Umurenge wa Rugerero, bavuga ko ikibazo cy’umuhanda wangiritse ku buryo bagerageje no gukora umuganda ariko biba iby’ubusa.

Mvuyekure Jean Claude ati “Baje kubaka inzu aha maze za HOWO zatundaga ibikoresho zirawangiza cyane! Wowe se ntubona ibi biziba biri hano? Badufashe bawukore imibu ireke kuturya kuko iraturembeje.”

Barigora Celestin ati “Twakoranyije umuganda w’imirenge ibiri ariko kubera uburyo hangiritse nawe reba, wagira ngo ntacyakozwe.”

Kubera iyo mpamvu rero, aba baturage bagaruka ku ngaruka bahura na zo kubera uyu muhanda; bakaziheraho batabaza ubuyobozi ngo bubafashe gukemura iki kibazo.

Mvuyekure Jean Claude ati “Malaria iraturembeje rwose, reba uko meze ubu ndayikirutse, nagiye kwa muganga ndi hafi gupfa kubera malaria. Ibi biziba bikurura imibu maze ikadutera malaria.”

Mukamusoni Venantie ati “Amazi yarakomezaga akagenda akiroha muri Sebeya none bayakumiriye kuri kaburimbo, araza akiroha iwanjye mu nzu ku buryo isaha n’isaha inzu yagwa hasi kuko yanze gukama. Nabaye nk’umuntu utuye mu gishanga.”

Barigora ati “Njye reba malaria igiye no kunyica! Uwadufasha uyu muhanda ugashakirwa rigore, naho bitabaye ibyo barajya bashyingura buri munsi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette avuga ko hari gahunda yo gushyira kaburimbo muri uyu muhanda n’ubwo adatangaza igihe bizakorerwa.

Gitifu Jeannette ati “Ni aho duhana imbibe n’Umurenge wa Rubavu, gusa igice cyangiritse cyane n’icyo mu Murenge wacu kubera imodoka zazanaga ibikoresho mu mudugudu uri kubakwa iwacu. Ubushize rero twari twahakoze umuganda dushyiramo amabuye n’ibicangarayi umera neza, ariko ndareba niba wenda igice cya ruguru cyaba ari cyo gifite ikibazo tukongera kuhakora umuganda tugashyiramo amabuye n’ibicangarayi.”

Uyu muhanda uhuza abaturage bo mu Midugudu itatu y’Akagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero, unifashishwa n’abaturage batandukanye bo mu Karere ka Rubavu dore ko ugera ku irimbi rusange ry’aka Karere, hakiyongeraho Umudugudu w’Ikitegererezo wa Ruranga uri kubakwa muri umwe muri iyo midugudu uhurirwaho.

Amazi areka mu muhanda agakora ikidendezi
Bavuga ko aya mazi atuma bahorana Malaria

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Next Post

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.