Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma yuko muri Kivu y’Epfo hakomeje kubera imirwano yatangijwe n’abarwana ku ruhande rwa DRC bagizwe na FARDC n’igisirikare cy’u Burundi na FDLR.
Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, rivuga ko “Ibikorwa byo kurenga ku gahenge, by’ibitero bikomeje kugabwa muri Kivu y’Epfo, DRC idakwiye kubyegeka ku Rwanda.”
U Rwanda ruvuga kandi ko “rwamaganye ibyakozwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) kimwe n’abahuzamugambi bayo bagizwe n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR ufashwa na DRC, Wazalendo ndetse n’abacancuro b’abanyamahanga bakomeje kurasa mu bice bituwe n’abasivile byegereye umupaka w’u Rwanda, bakoresheje indege z’intambara na Drones z’imirwano, ndetse byanatumye AFC/M23 itangaza ko yiyemeje guhangana na byo.”
Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko mu cyumweru gishize, hari ibisasu byagiye bituruka mu Burundi byarashwe mu gace ka Kamyola muri Kivu y’Epfo, byatumye Abanyekongo barenga 1 000 bambuka umupaka wa Bugarama bagahungira mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Nyarushishi.
Iri tangazo rikagira riti “Igisirikare cy’u Burundi kimaze kugira abasirikare bagera ku 20 000 muri Kivu y’Epfo mu kazi bahawe na Guverinoma ya DRC, byumwihariko bakaba baragose ibice bituwe n’Abanyamulenge muri Minembwe, hagamijwe kwicisha inzara abaturage.”
U Rwanda kandi rwibukije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yivugiye ishize amanga ko itazigera ihagarika imirwano, kandi ko abarwanira iki Gihugu bamaze iminsi bari mu mirwano igamije kwisubiza ibice byabohojwe na AFC/M23, nyamara hariho hakorwa inzira y’ibiganiro.
Guverinoma ivuga ko Umuryango mpuzamahanga wagiye ugaragarizwa iby’ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa DRC bukomeje inzira yabwo y’imirwano, na wo ugasaba ko bihagarara, ariko ko DRC yo yakomeje umurongo wayo nk’uko byagaragaye mu cyumweru gishize.
Kubura ubushake kwa DRC ku byo yasabwe byo kurandura umutwe wa FDLR nk’uko biteganywa n’amasezerano y’Amahoro yo muri Kamena 2025, bikomeje gutinza umuti wo kurangiza amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, kandi ko bigaragaza ko iki Gihugu kitabikozwa.
Iri tangazo rikagira riti “Ubu biragaragara ko DRC itigeze na rimwe ishyira imbere inzira z’amahoro, dore ko Perezida Tshisekedi ubwe uherutse kwitabira umuhango wo ku ya 04 Ukuboza 2025, nk’aho yahatiwe gusinya amasezerano.”
U Rwanda ruvuga ko ibi bikorwa byose bihonyora ibikubiye mu masezerano, ari intambamyi ikomeye yo kugera ku mahoro, kandi ko bizakomeza gutuma Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC bakomeza kuba mu kangaratete, ndetse bikanakomeza guteza impungenge umutekano ku mipaka y’u Rwanda.
RADIOTV10








