Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma yuko muri Kivu y’Epfo hakomeje kubera imirwano yatangijwe n’abarwana ku ruhande rwa DRC bagizwe na FARDC n’igisirikare cy’u Burundi na FDLR.

Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, rivuga ko “Ibikorwa byo kurenga ku gahenge, by’ibitero bikomeje kugabwa muri Kivu y’Epfo, DRC idakwiye kubyegeka ku Rwanda.”

U Rwanda ruvuga kandi ko “rwamaganye ibyakozwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) kimwe n’abahuzamugambi bayo bagizwe n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR ufashwa na DRC, Wazalendo ndetse n’abacancuro b’abanyamahanga bakomeje kurasa mu bice bituwe n’abasivile byegereye umupaka w’u Rwanda, bakoresheje indege z’intambara na Drones z’imirwano, ndetse byanatumye AFC/M23 itangaza ko yiyemeje guhangana na byo.”

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko mu cyumweru gishize, hari ibisasu byagiye bituruka mu Burundi byarashwe mu gace ka Kamyola muri Kivu y’Epfo, byatumye Abanyekongo barenga 1 000 bambuka umupaka wa Bugarama bagahungira mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Nyarushishi.

Iri tangazo rikagira riti “Igisirikare cy’u Burundi kimaze kugira abasirikare bagera ku 20 000 muri Kivu y’Epfo mu kazi bahawe na Guverinoma ya DRC, byumwihariko bakaba baragose ibice bituwe n’Abanyamulenge muri Minembwe, hagamijwe kwicisha inzara abaturage.”

U Rwanda kandi rwibukije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yivugiye ishize amanga ko itazigera ihagarika imirwano, kandi ko abarwanira iki Gihugu bamaze iminsi bari mu mirwano igamije kwisubiza ibice byabohojwe na AFC/M23, nyamara hariho hakorwa inzira y’ibiganiro.

Guverinoma ivuga ko Umuryango mpuzamahanga wagiye ugaragarizwa iby’ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa DRC bukomeje inzira yabwo y’imirwano, na wo ugasaba ko bihagarara, ariko ko DRC yo yakomeje umurongo wayo nk’uko byagaragaye mu cyumweru gishize.

Kubura ubushake kwa DRC ku byo yasabwe byo kurandura umutwe wa FDLR nk’uko biteganywa n’amasezerano y’Amahoro yo muri Kamena 2025, bikomeje gutinza umuti wo kurangiza amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, kandi ko bigaragaza ko iki Gihugu kitabikozwa.

Iri tangazo rikagira riti “Ubu biragaragara ko DRC itigeze na rimwe ishyira imbere inzira z’amahoro, dore ko Perezida Tshisekedi ubwe uherutse kwitabira umuhango wo ku ya 04 Ukuboza 2025, nk’aho yahatiwe gusinya amasezerano.”

U Rwanda ruvuga ko ibi bikorwa byose bihonyora ibikubiye mu masezerano, ari intambamyi ikomeye yo kugera ku mahoro, kandi ko bizakomeza gutuma Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC bakomeza kuba mu kangaratete, ndetse bikanakomeza guteza impungenge umutekano ku mipaka y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

Next Post

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.