Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO umwe n’umuturage, na we agahita yirasa agapfa, hakaba hahise hatangira iperereza.
Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, mu masaaha ya saa sita z’ijoro, mu Murenge wa Boneza muri aka Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemereye RADIOTV10 ko ibi byabayeho, bikabera mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro.
Yagize ati “Umupolisi yarashe abantu babiri barimo umuturage umwe na DASSO barakomereka ariko abakomeretse bahise bajyanwa ku Bitaro bya CHUK i Kigali.”
SP Sylvestre Twajamahoro avuga ko umupolisi we akimara kwirasa yahise yitaba Imana, “Umurambo we wajyanywe muri Rwanda Forensic Institute (Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga), iperereza rihita ritangira kugira ngo bamenye icyamuteye kurasa bariya bantu.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko mu gihe hari andi makuru yamenyekana, aza kuyamenyesha ikinyamakuru RADIOTV10.
Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10









