Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki
Share on FacebookShare on Twitter

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba Rayon Sports FC ibyabereye kuri stade ya Bugesera umwaka ushize.

Mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye kuri stade ya Bugesera kuri iki cyumweru taliki ya 14 Ukuboza 2025, Ikipe ya Rayon Sports FC yabanjwe igitego cyatsinzwe na Rugangazi Prosper ariko mu minota y’inyongera ku gice cya mbere , Habimana Yves yishyurira Rayon Sports FC igitego yatsinze kuri penaliti.

Bugesera FC yabonye igitego cya kabiri cy’intsinzi ku munota wa 78 cyatsinzwe na Byishimo Valua.

Abafana ba Rayon Sports FC bongeye gushavurira i Bugesera nk’umwaka ushize ubwo batsindwaga na Bugesera FC ibitego 2-1 byabaviriyemo gutakaza igikombe cya shampiyona , umukino wasize amateka mabi , abafana bagatera amabuye bamwe bakaza no kubihanirwa.

Uku gutsindwa kwatumye Rayon Sports FC yisanga ku mwanya wa gatanu n’amanota 17 irushwa na Police FC ya mbere amanota 9.

Mu yindi mikino y’umunsi wa 11, Marine FC yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda SC Kiyovu igitego kimwe ku busa mu mukino wabereye kuri stade Umuganda kuri iki cyumweru, taliki ya 14 Ukuboza 2025.

APR FC yanganyije na Gorilla FC ubusa ku bundi, mu gihe Etincelles FC yabonye intsinzi ya mbere kuva iyi shampiyona yatangira , ubwo yatsindaga Musanze FC ibitego 3-1 iyisanze iwayo kuri stade Ubworoherane.

Kuri uyu wa mbere saa 18h00, ikipe ya Al Hilal Omdurman irakira Rutsiro FC kuri Kigali Pele Stadium.

Imikino y’umunsi wa 11:

Ku cyumweru taliki ya 14.12.2025

  • Al- Merrikh 1 – 0 Amagaju FC
  • Bugesera 2-1 Rayon Sports FC
  • Marine FC 1-0 SC Kiyovu
  • Mukura VS 2-0 Gicumbi FC

Ku wa Gatandatu taliki ya 13.12.2025

  • Gorilla FC 0-0 APR FC
  • As Muhanga 0 – 0 As Kigali
  • Musanze FC 1-3 Etincelles FC

Ku wa Gatanu taliki ya 12.12.2025

  • Police FC 1-0 Gasogi United

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 4 =

Previous Post

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

Next Post

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.