• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro, yavuze ko azakomeza guharanira ko kigira amahoro, kandi ko hari intambwe yatewe kubera we.

Ni ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye muri Repubulika ya Centrafrique, ahateganyijwe Amahoro y’Umukuru w’Igihugu, tariki 28 Ukuboza 2025.

Perezida uri ku butegetsi, Faustin-Archange Touadéra, ugiye guhatanira kuyobora indi manda, yatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Ukuboza 2025.

Ubwo yari kuri Sitade Omnisports i Bangui, aho yagejeje ijambo ku bihumbi by’abamushyigikiye, ndetse bamwizeza ko bazitabira aya matora ku bwinshi ku buryo atsinda mu cyiciro cya mbere cyayo.

Touadéra, uri gushaka manda ya kabiri, avuga ko umutekano n’ituze ry’Igihugu ari byo ashyize imbere, ndetse abamushyigikiye bavuga ko ibyo yakoze mu guharanira amahoro n’icyizere cy’uko Igihugu cyasubirana ituze rirambye ari zo mpamvu nyamukuru zituma bazongera kumugirira icyizere kurusha abo bahanganye.

Igihe cyo kwiyamamaza kizamara ibyumweru bibiri, kije mu gihe iki Gihugu kiri mu bihe bikomeye cyane by’umutekano muke, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye, bigatera impungenge ko amatora ashobora kuzarangwa n’umutekano muke.

Icyakora abakandida, barimo na Perezida Touadéra, basabye ko ibikorwa byo kwiyamamaza bikorwa mu mahoro no mu mucyo, banasaba abaturage kugaragaza amahitamo yabo binyuze mu matora aho kuyagaragaza mu mihanda.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Next Post

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.