• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in MU RWANDA
0
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara ibikomoka kuri Peteroli, yagonze ibindi binyabiziga byinshi.

Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Ukuboza 2025 ubwo iyi modoka yo bwoko bw’ikamyo yavaga Nyanza ya Kicukiro yari irenze kuri kaminuza ya Mount Kigali, igeze ahazwi nko ku Banyamakuru.

Ababonye iyi mpanuka, bavuga ko babonye iyi modoka ita igisate cyayo ikinjira mu gisate cyarimo ibinyabiziga byazamuka byerecyeza aho yavaga, ikagonga ibyo yasangaga mu nzira byose.

Umwe yagize ati “Yamanutse igeze hagati ihasanga ikamyo y’umweru ipakiye amagi ihita iyikubita iza mu muhanda w’abazamukaga, iyo kamyo na yo ihita ikubita izindi modoka ebyiri.”

Bavuga kandi ko iyi kamyo ishobora kuba yari yacitse feri, kuko yahoreraga cyane, byanatumye iva mu cyerecyezo cyayo ikajya mu kindi.

Undi ati “Igeze hano kuri uyu muhanda ujya mu Banyamakuru ni bwo yabuze feri. Hari harimo umuvundo mucye, abamotari bari imbere yayo n’izindi modoka byose yakukumbye.”

Ni impanuka yakangaranyije abageze aha yabereye ikimara kuba, kuko iyi modoka yagendaga igonga ibinyabiziga n’ibindi byose yasangaga mu nzira, byagiye byangirika bikabije.

Aba baturage kandi bavuga ko ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka bashobora kuba ari benshi, dore ko kugeza ubu hataratangazwa umubare w’abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka.

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ndetse n’inzego z’ubuzima zihutiye kuhagera, aho hageze imbangukiragutabara zigera muri eshanu, byanatumye hakekwa ko abagizweho ingaruka na yo ari benshi.

Uyu muhanda wa Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sonatubes, ukunze kuberamo impanuka zikomeye, akenshi zikunze guterwa no gucika feri kw’ibinyabiziga byiganjemo amakamyo aba apakiye, akagonga ibindi binyabiziga kubera imiterere y’aha hantu, hamanuka cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Next Post

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.