• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

radiotv10by radiotv10
08/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango.

Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama Nkuru ya 17 y’Umuryango FPR-Inkotanyi yateranye tariki 19 Ukuboza 2025, ku cyicaro gikuru cy’Umuryango i Rusororo mu karere ka Gasabo.

Itangazo ry’imyanzuro y’iyi Nama ryagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki Indwi Mutarama 2026, ryibutsa ingingo zari zigize iyi nama zirimo ijambo rya Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi akaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ritangiza inama.

Muri iyi nama kandi hanemejwe umushinga w’ivugururwa ry’amategeko y’Umuryango. Hanatanzwe ibiganiro ku ngingo zinyuranye, zirimo izirebana ni kubaka umusingi uhamye w’lgihugu, ndetse n’umwanya w’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi kandi bwibukije ko muri iyi Nama, Chairman yibukije “abantu bakuru bagomba kwitwara neza kugira ngo babere icyitegererezo urubyiruko. Yashimangiye ko abayobozi mu nzego zose bagomba guhora batekereza ku nshingano bafite zo guteza imbere imibereho y’abaturage babaha serivisi bakwiye ku gihe.”

Nanone kandi abitabiriye Inama Nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi biyemeje gusuzuma no kuvugurura imiterere, imikorere n’imikoranire y’inzego kugira ngo zirusheho gutanga umusaruro, bijyanye n’igihe.

Mu myanzuro y’iyi nama, kandi Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, bwavuze ko abayitabiriye “Bemeje ishyirwaho ry’urwego rw’lnararibonye rw’Umuryango FPR Inkotanyi.”

Nanone kandi bemeje ivugururwa ry’ingingo z’amategeko y’Umuryango FPR Inkotanyi agena imiterere ya Komite Nyobozi yo ku rwego rw’lgihugu hongerwamo Visi Perezida wa kabiri n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije, ndetse anagena inshingano, imiterere n’imikorere by’urwego rw’lnararibonye rw’Umuryango FPR Inkotanyi.

Hibukijwe kandi ko muri iriya Nama hatowe Visi Perezida wa Mbere, ari we Hon. Uwimana Consolée, Hon. Kayisire Marie Solange, atorerwa kuba Visi Perezida wa Kabiri, Amb. Bazivamo Christophe, atorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru mu gihe ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru Wungirije, hatowe Gasana Karasanyi Stephen.

Iyi nama yayobowe na Chairman wa FPR-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 19 =

Previous Post

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Next Post

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.