• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa ntiwongere gucanirwa, kandi amatara yawo yarashyizweho, ibintu bikomeje kubagiraho ingaruka zirimo n’ubujura bwo kwamburwa telefone.

Ni umuhanda wa kaburimbo w’ikirometero 1.82, uturuka ku ishuri rya St Aloys–Nyagasenyi ugahinguka munsi ya Gare ya Rwamagana mu Murenge wa Kigabiro. Abawukoresha n’abawuturiye bavuga ko kuva uyu muhanda wakorwa, amatara yo ku muhanda yacanwe rimwe gusa ntiyongera kwaka, bigatuma bagenda bikanga abajura babashikuza amaterefone. Icyo aba bose bahurizaho ni uko uyu muhanda wacanirwa.

Uwitwa Nzamurambaho Emmanuel ati: “Twabonye bayashinga, yacanye rimwe, nabwo ni iminota mike, ntiyongera kwaka.”

Undi witwa Musoni Fils ati: “Inshuro nyinshi abadamu bakorera mu mujyi banyura muri uyu muhanda ni bo bakunda kwiyongoza cyane, bakabambura amaterefone. Amatara acanye ntitwibwa.”

Avugana na Radio10 na TV10 ku murongo wa terefone, Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Ingufu (REG) Ishami rya Rwamagana, Marcel Habimana, yavuze ko hari ibitarakorwa na rwiyemezamirimo wawukoze kugira ngo ucanirwe, ariko ko mu kwezi kumwe byaba byarangiye.

Ati: “Uriya muhanda ni mushya. Umuhanda urangiye hagiyeho fazi yo kuwucanira, ariko rwiyemezamirimo wawutsindiye hari ibyo ataratunganya. Yasabwe kubitunganya, namara kubitunganya tuzawucanira. Si ikibazo cyo kuvuga ngo hari pane irimo, ahubwo rwiyemezamirimo aracyaramurika ibikorwa yakoze. Ibyo asabwa si ikintu kinini, ntabwo ari ibintu byakabaye birenza ukwezi atararangiza imirimo.”

Ni umuhanda wakozwe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024–2025, ugamije gufasha abatuye umujyi wa Rwamagana kwimakaza isuku no koroshya urujya n’uruza. Abaturage bakavuga ko igihe waba ucaniwe byakongera urujya n’uruza mu masaha y’umugoroba ndetse bikabarinda kuwunyuramo bikanga abajura.

Abaturiye uyu muhanda bavuga ko kuva wakorwa wacaniwe rimwe gusa
Bavuga ko bibagiraho ingaruka

Ngo kuba udacaniwe bituma abajura babatega

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Next Post

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n'igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.