Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in MU RWANDA
0
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse igisasu cyo mu bwoko bwa grenade, cyahise gitegurwa kikanakurwaho ntawe kigizeho ingaruka.

Iki gisasu cyabonetse hafi y’Urwunge rw’Amashuri (G.S/Groupe Scolaire) rwa Kayanga, mu Mudugudu wa Kigabiro mu Kagari ka Kigabiro muri uriya Murenge wa Rutunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yemeje aya makuru, avuga ko iby’iki gisasu byamenyekanye ubwo abaturage batangaga amakuru bavuga ko hari Grenade ibonetse mu murima wo muri kariya gace.

Yavuze ko cyabanje kubonwa n’abaturage bariho batashya inkwi, ariko ko kitari kiri mu butaka. Ati “Byagaragaraga ko cyarengewe n’ibyatsi ariko ukurikije uko hameze ni icya cyera.”

Ati “Polisi dufatanyije n’izindi nzego twagezeyo koko dusanga ni igisasu, ubwo icyakurikiyeho ni uburyo bwo kugitegura dufatanyije na Engineering Brigade ya gisirikare.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko iki gisasu cyahakuwe neza. Ati “Ntawe cyangije, ntawakomeretse cyangwa se ngo ahaburire ubuzima. Byagenze neza.”

Avuga ko iki gisasu ari kimwe mu byagiye bisigara mu bice binyuranye mu Gihugu kubera amateka y’Igihugu cy’u Rwanda cyanyuze mu bibazo bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’abarimo igisirikare cya Leta ya cyera, cyagendaga kinatega ibisasu mu bice bitandukanye.

Ati “Ni ibisasu biba byaragiye bitakara hirya no hino cyera, ngira ngo nk’uko muzi amateka y’Igihugu cyacu, Igihugu kiba cyarabayemo intambara, kuba rero hari ibisasu biba byaragiye bitakara hirya no hino, ntabwo byaba bitangaje, n’iki rero ni ko byagenze.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ibi bigaragazwa no kuba kiriya gisasu cyari cyarashaje cyane, bikaba bigaragara ko ari icyo muri ibyo bihe.

Avuga ko bitewe n’ariya mateka u Rwanda rwanyuzemo, bishoboka ko hari ahakiri ibisasu nk’ibi, bityo ko aho bishobora kuboneka, abantu badakwiye gukuka umutima bumva ko bihungabanyije umutekano.

Ati “Ahubwo abaturage tubagira inama yo kugira amakenga mu gihe babonye ikintu batazi cyane cyane kiganisha mu kuba cyaba igisasu, kuko abaturage b’u Rwanda tunashimira ko bagira amakenga iyo babonye ikintu nk’icyo, bakomeze rero ugize icyo abona agire amakenga yo kuba yagikinsha cyangwa yagikoraho, ahubwo ahite ahamagara inzego z’umutekano kugira ngo zigikureho.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ahenshi haboneka ibisasu mu bice binyuranye by’Igihugu, abaturage baba babigizemo uruhare, akabasaba gukomereza aho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + five =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Next Post

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.