Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa ko hagenewe imiturire ariko nyuma y’uko  hamaze kwaguka bakaza guhabwa amakuru avuga ko iyi santere izasenywa hagahindurwa igishanga bityo bagasaba ko byahindurwa hagakomeza kuba imiturire, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko nabwo bwandikiye ikigo cy’ubutaka bugisaba ko ubu butaka bwakomeza kuba imiturire.

Abakorera ubucuruzi n’abafite inyubako mu santere ya Ruguti iri mu zikomeye mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko ubwo bubakaga hari haragenewe imiturire ari nabyo byagiye bituma hari abaturuka ahandi bakaza kuhagura ibibanza bagashyiramo inzu.

Icyakora iyi santere kuri ubu imaze kugezwamo ibikorwa remezo nk’amashanyarazi n’umuhanda, baje kubwirwa ko izasenywa hakagirwa igishanga ngo kuko hagenewe ubuhinzi .

Mukeshimana Elisee ati “Tumaze igihe kinini tuzi ko ari imiturire ariko uburyo bahahinduye igishanga iryo koranabuhanga ryaratuyobeye”.

Nyiratabaro seraphine nawe ati “ Ikibazo gihari ni uko bashaka kutumenamo amazi kandi aha hari imiturire bari barabitwemereye tukubaka inzu ku yindi hakaba hari hamaze gushyuha”.

Bitewe no kuba iyi santere ifitiye akamaro bamwe kubera imirimo y’ubucuruzi ituma babona amaramuko ndeste ku rundi ruhande ikaba imaze kubakwamo inzu zijyanye n’icyerekezo, basaba ko byakongera bikarebwaho hakaguma ari imiturire kugira ngo barusheho gutera imbere.

Nyiratabaro ati “Ni umujyi ushyushye kurenza n’uriya w’i Nyakabuye, icyifuzo cyacu ni uko waba umudugudu nyine. Turashaka ko haguma ari imiturire”.

Murengezi Daniel nawe agira ati “Icyifuzo dufite ni uko baduha ibyangombwa by’imiturire. Kuko urabona ko bamaze kubaka mo inzu zifatika”.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Habimana Alfred urema agatima aba baturage , avuga ko akarere nako kagejejweho iki kibazo kagasanga gifite ishingiro bigatuma kandikira ikigo cy’ubutaka kagisaba guhindura icyo ubu butaka buzakoreshwa bukagirwa imiturire

Habimana ati “Twamaze kwandikira ikigo cy’ubutaka tubagaragariza ikibazo gihari kugira ngo bagifateho icyemezo, nibatwemerera bariya baturage bahindurirwe igishushanyombonera cy’imikoreshereze ya buriya butaka. Nababwira ko bareka guhagarika umutima, ntabwo icyemezo cyafatwa cyaba gihombya umuturage cyangwa ngo kimushyire mu kibazo”.

Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukomeza buvuga ko mu murenge wa Nyakabuye hari uduce turindwi ubariyemo n’iyi santere ya Ruguti, aho ubutaka bwatwo byagaragaye ko icyo bwari bwaragenewe kidahura n’ibyifuzo by’abadutuye ku buryo ikigo cy’ubutaka cyasabwe kubihindura.

Abo muri iyi santere ya Ruguti bavuga ko mu gihe uyu mudugudu wabo waba uhinduwe imiturire byatuma barushaho kwiteza imbere bitandukanye n’uko hasenywa hakagirwa igishanga nk’uko babibwirwa.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Next Post

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.