Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa ko hagenewe imiturire ariko nyuma y’uko  hamaze kwaguka bakaza guhabwa amakuru avuga ko iyi santere izasenywa hagahindurwa igishanga bityo bagasaba ko byahindurwa hagakomeza kuba imiturire, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko nabwo bwandikiye ikigo cy’ubutaka bugisaba ko ubu butaka bwakomeza kuba imiturire.

Abakorera ubucuruzi n’abafite inyubako mu santere ya Ruguti iri mu zikomeye mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko ubwo bubakaga hari haragenewe imiturire ari nabyo byagiye bituma hari abaturuka ahandi bakaza kuhagura ibibanza bagashyiramo inzu.

Icyakora iyi santere kuri ubu imaze kugezwamo ibikorwa remezo nk’amashanyarazi n’umuhanda, baje kubwirwa ko izasenywa hakagirwa igishanga ngo kuko hagenewe ubuhinzi .

Mukeshimana Elisee ati “Tumaze igihe kinini tuzi ko ari imiturire ariko uburyo bahahinduye igishanga iryo koranabuhanga ryaratuyobeye”.

Nyiratabaro seraphine nawe ati “ Ikibazo gihari ni uko bashaka kutumenamo amazi kandi aha hari imiturire bari barabitwemereye tukubaka inzu ku yindi hakaba hari hamaze gushyuha”.

Bitewe no kuba iyi santere ifitiye akamaro bamwe kubera imirimo y’ubucuruzi ituma babona amaramuko ndeste ku rundi ruhande ikaba imaze kubakwamo inzu zijyanye n’icyerekezo, basaba ko byakongera bikarebwaho hakaguma ari imiturire kugira ngo barusheho gutera imbere.

Nyiratabaro ati “Ni umujyi ushyushye kurenza n’uriya w’i Nyakabuye, icyifuzo cyacu ni uko waba umudugudu nyine. Turashaka ko haguma ari imiturire”.

Murengezi Daniel nawe agira ati “Icyifuzo dufite ni uko baduha ibyangombwa by’imiturire. Kuko urabona ko bamaze kubaka mo inzu zifatika”.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Habimana Alfred urema agatima aba baturage , avuga ko akarere nako kagejejweho iki kibazo kagasanga gifite ishingiro bigatuma kandikira ikigo cy’ubutaka kagisaba guhindura icyo ubu butaka buzakoreshwa bukagirwa imiturire

Habimana ati “Twamaze kwandikira ikigo cy’ubutaka tubagaragariza ikibazo gihari kugira ngo bagifateho icyemezo, nibatwemerera bariya baturage bahindurirwe igishushanyombonera cy’imikoreshereze ya buriya butaka. Nababwira ko bareka guhagarika umutima, ntabwo icyemezo cyafatwa cyaba gihombya umuturage cyangwa ngo kimushyire mu kibazo”.

Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukomeza buvuga ko mu murenge wa Nyakabuye hari uduce turindwi ubariyemo n’iyi santere ya Ruguti, aho ubutaka bwatwo byagaragaye ko icyo bwari bwaragenewe kidahura n’ibyifuzo by’abadutuye ku buryo ikigo cy’ubutaka cyasabwe kubihindura.

Abo muri iyi santere ya Ruguti bavuga ko mu gihe uyu mudugudu wabo waba uhinduwe imiturire byatuma barushaho kwiteza imbere bitandukanye n’uko hasenywa hakagirwa igishanga nk’uko babibwirwa.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Next Post

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

by radiotv10
18/02/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere...

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

by radiotv10
18/02/2026
0

Abasore babiri bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo bivugwa ko bamusanze...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

by radiotv10
18/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 57 ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko atanzweho amakuru ko yabanaga...

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

by radiotv10
18/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Burusiya, Ambasaderi Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yashimiye iki Gihugu na Perezida wacyo Vladimir Putin by’umwihariko, ku...

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

by radiotv10
18/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’ibiganiro byabaye mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 20,...

IZIHERUKA

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi
AMAHANGA

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

by radiotv10
18/02/2026
0

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

18/02/2026
Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

18/02/2026
Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

18/02/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

18/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.