Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinga mu gishanga cya Rwasave, giherereye mu Karere ka Gisagara gihana imbibi n’aka Huye, baravuga ko umusaruro babonye muri iki gihe utari mwiza ugereranyije n’ibihe byabanje. Ibi babihuza n’imbuto nshya bahawe, bavuga ko batari basanzwe bahinga, bakeka ko ishobora kuba itari imeze neza.

Aba bahinzi bavuga ko mu bihe byashize, iyo bahingaga umuceri muri iki gishanga bajyaga beze umuceri mwinshi kandi mwiza, ariko ubu ngo umuceri baherutse guhinga wararumbye cyane, bituma bakeka ko imbuto bahawe ishobora kuba ari yo yateye iki kibazo.

Nyiratuza Eliane yagize ati “Twari tumenyereye imbuto yaduhaga umusaruro mwiza, ariko iyi nshya twayihingaga bwa mbere. Umuceri wararumbye cyane ntutange umusaruro wari utegerejwe.”

Siborurema Elias na we avuga ko bahuye n’igihombo ati “Twakoresheje amafaranga n’imbaraga nyinshi mu mirima, ariko umusaruro twabonye ntuhagije. Turasaba ko twahabwa imbuto isanzwe izwiho kwera neza.”

Mukeshimana Odette avuga ko impungenge bafite ari uko nibidakemuka vuba bashobora guhura n’igihombo gikomeye. Ati “Umuceri ni wo dutegaho imibereho. Iyo umusaruro ugabanutse, bigira ingaruka ku miryango yacu.”

Niyonzima yagize ati “Niba ikibazo ari imbuto, twifuza ko inzego zibishinzwe zatuganiriza zigahita zidushakira imbuto yizewe, kuko twe twabonye ko iyi itaduhaye umusaruro twari dusanzwe tubona.”

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Renerse Banganirora, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi n’Umutungo Kamere mu Karere ka Gisagara, yavuze ko iki kibazo kigiye gusuzumwa.

Yagize ati “Iki kibazo ntikiramenyekana neza, ariko tugiye kugikurikirana dusuzume impamvu yatumye umusaruro ugabanuka. Niba bigaragaye ko imbuto ari yo yabiteye, abahinzi bazashakirwa indi mbuto ikwiriye.”

Aba bahinzi basaba ko hakorwa isuzuma ryihuse, bagahabwa imbuto yera kandi yizewe, kugira ngo babashe kongera kubona umusaruro uhagije nk’uwo bari basanzwe babona mu gishanga cya Rwasave.

Aba bahinzi bavuga ko umusaruro wabaye iyanga

Umuceri urashishe ariko intete ntazo

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 12 =

Previous Post

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Next Post

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n'umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.