Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa aba yasaziye iwabo, bigatuma hari abashakana bafite imyaka itageze no kuri 18, bikanashyira umutwaro ku babyeyi babo wo gutunga urwo rugo rushya.
Bivugwa na bamwe mu rubyiruko rwo mu Kagari ka Nkomane, Umurenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu twaganiriye, batubwira ko umukobwa wo muri iyi misozi myiza ugejeje ku myaka 20 ngo biba bigoye kumwiteza, kuko mu muco wo muri aka gace ngo aba yaratinze gushaka umugabo.
Kanyeshyamba Théogène ati “Aha ngaha umwana ashaka umugabo afite 17 cyangwa 18; iyo umukobwa agejeje ku myaka 20 aba abona ko ageze mu gihe cyo kugumirwa, ubwenge buba buri hasi, n’uko ari wo muco w’aha mucyaro.”
Iradukunda Charité ati “Hari benshi tungana bafite abagore kandi mfite imyaka 18. Nawe urumva ufite iyo myaka hari igihe ashaka umugore wa 16, 17 gutyo. Ariko abenshi bashaka bangana gutyo baba baravuye mu ishuri, naho njyewe ndacyari umunyeshuri.”
Urwo rubyiruko rukomeza rugaragaza ko akenshi gushakana bari munsi y’imyaka 18 ngo bihira abafite ababyeyi bishoboye, naho abadafite aho nikora ngo bikunze kurangirira mu marira.
Undi muturage ati “Umuntu wa 15 abuzwa n’iki se kubona umugabo? Ashakana n’uwo bangana ariko iwabo barabashyigikira.”
Nsengiyumva Paul ati “Nukureba undi mukobwa iwabo bifite, bakabafasha no kuri urwo rugo rwabo. Gusa hari naho bigera urugo rukabananira iyo ababyeyi batabafashije, maze buri wese agasubira iwabo.”
Cyokora bamwe mu bashatse cyangwa abashatswe bari munsi y’imyaka 18 ntitwabashije kubabona, dore ko iyi ngingo abenshi baba badashaka no kubivugaho. Gusa bamwe mu babyeyi bemeye kuvugana na RADIOTV10 bavuga ko na bo bumiwe, ndetse ngo akenshi bibabera umutwaro ukomeye.
Hakizimana Jean de Dieu ati “Kubera ko biba byabaye, ababyeyi banga gusenya urukundo rw’abasore n’inkumi, ahubwo bakubaka kuko hari n’abashakana bafite iyo myaka bakubaka ku buryo bagera mu myaka y’ubukure urugo rumaze gukomera.”
Undi muturage ati “Bikura mu ishuri, amara kubona ibere ryiteruye ati ‘nakuze!’ N’ukubatunga nta kundi twabigenza. Bitubera umutwaro ariko nta kundi twabigenza.”
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanama buvuga ko butari buzi ko hari abashyingiranwa bari munsi y’imyaka 18, ariko ngo bugiye kubikurikirana no kwigisha abaturage ngo bamenye ingaruka zo gushinga ingo abantu bakiri munsi y’imyaka yemerwa n’itegeko.
Gitifu Nzabahimana Evariste ati “Itegeko ry’abantu n’umuryango rirumvikana neza; imyaka y’ubukure ni 21. Gusa ufite 18 ashobora kubisaba umwanditsi w’irangamimerere ku rwego rw’Akarere, akemererwa gushinga urugo kubera impamvu runaka. Iki kibazo ntabwo twari tuzi ko gihari, ariko reka dukurikirane tumenye niba koko gihari, ubundi ikizakurikira ni ukwigisha kuko umwana wese agomba kuba ari mu ishuri.”
Ni mu gihe Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, iherutse kwemeza umushinga w’itegeko ryemerera abantu bafite imyaka 18 gushinga ingo, ariko ngo babisabye umwanditsi w’irangamimerere ku rwego rw’Akarere kandi bakagaragaza impamvu zikomeye zituma babisaba. Imibare y’ibarura riheruka yatangajwe mu 2023 yerekana ko umubare w’ab’igitsina gore ari 51.5% mu gihe abagabo ari 48.5%, ariko kandi umukobwa 1 muri 3 bari hagati y’imyaka 20 na 24 ngo aba yarashatse, mu gihe mu basore ari 1 muri 6.



Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10









