Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko, none imikoki yacitsemo kubera inkangu, inagwamo bamwe mu bahanyura.
Uyu muhanda uturuka mu isantere ya Mahoko werekera mu Kagari ka Nkomane, haba abaturage n’ubuyobozi bemeza ko ufatiye runini Akarere kose ka Rubavu kubera ubuhinzi bukorerwa mu tugari twa Yungwe, Rusongati, Karambo na Nkomane, kimwe n’ubworozi bukorerwa mu nzuri za Gishwati. Icyakora, abaturage bavuga ko wangiritse bikomeye, bityo bikabatera ingaruka zitandukanye kubera inkangu ngo zidasiba kuwibasira.
Nsabimana Felecien ati: “Wagiye uracukuka cyane, urimo n’ibinogo byinshi. Dore nk’iyi nkangu iraha, haguyemo umuntu umunyeshuri bamukuramo, ariko n’ubwo yarokotse, hari uzagwamo agapfa bitewe n’uyu muhanda. Abayobozi batubwira mu nteko z’abaturage ngo bizakorwa, nyamara Ibiza byo biba biri hafi kuko ntibiteguza.”
Byukusenge Emmanuel ati: “Biherutse kuba ari nka saa mbiri z’ijoro numva umuntu aguyemo, ndaza ndareba bamukuramo, ariko ubwo tugize amahirwe tukaba tubonye itangazamakuru, mwadukorera ubuvugizi kuko n’ubwo aha ari mu cyaro, uyu muhanda ufite agaciro gakomeye. Rero mwadukorera ubuvugizi bakawukora utarabyara ibibazo, kuko nk’iyi bigeze muri uyu muhanda wose iteye ikibazo, hasigaye kuvamo imwe haba n’igare ntiribone uko ritambuka.”
Ntiahabose Oliva ati: “Iyo tujyanye umubyeyi kwa muganga tugenda turi kwiterera mu kirere, maze haba umubyeyi n’umuherekeje tukumva turi kumererwa nabi, kandi baduciye n’amafaranga menshi.”
Hakizimana Jean de Dieu (umumotari) ati: “Gupfa k’umuhanda bituma tubahenda kuko imvura iba yaguye, umuhanda ukanyerera kandi harimo inkangu nyinshi. Ubwo rero kubera ibisimu wagiye ukubitamo moto, abagenzi babiri gusa uhita ujya mu igaraje.”
Cyokora, ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko hagishakwa ingengo y’imari ngo uyu muhanda ushyirwemo kaburimbo kuko ngo abaturage bawemerewe na Perezida wa Repubulika. Mulindwa Prosper uyobora Akarere ka Rubavu agaruka ku ngamba akarere gafitiye uyu muhanda.
Mayor Mulindwa Prosper ati: “Ni umuhanda w’ingirakamaro ku karere kacu kuko abaturage ubwabo barawukenera batwara umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi. Rero iyo imvura iguye, kubera ko ari mu gace kagwamo imvura cyane, ntabwo wangirika ngo turekere aho. Turakora inshingano zacu kugira ngo ukomeze ube nyabagendwa mu gihe ingengo y’imari igishakishwa ngo ushyirwemo kaburimbo, kuko Perezida yawemereye abaturage bivuze ko ukurikiranwa ku rwego rw’igihugu.”
Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko ingengo y’imari yo gukora uyu muhanda igishakishwa, kandi ngo nimara kuboneka, ibikorwa byo kuwukora bizahita bitangira.




Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10








