Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo hasi, ugereranyije n’ab’ahandi, kuko hari aho babakubye kabiri. Ibi bigatuma basigara inyuma mu rugendo rwo kwiteza imbere.

Abo ni bamwe mu bahinzi bibumbiye muri Koperative y’Abahinzi b’Icyayi cya Pfunda (COOTP), bagaragaza ko buri mezi atatu bahabwa ibiciro bishya by’icyayi, ariko bagasanga ibyabo biri hasi nyamara baba bakoze ibishoboka byose kugira ngo batange umusaruro mwiza, nk’uko baba babisabwa.

Sebyondo Naason ati: “Nyine buri mezi atatu barabigabanya. Hari igihe twahembwaga 250 RWF, none ubu tugeze kuri 170 RWF, bakatubwira ngo babuze isoko.”

Dushimimana Protogène ati “Tukibaza ngo mbese icyayi cyacu cyaba gifite irindi soko kijyaho ritameze nk’iry’ikindi cyayi cy’u Rwanda kijyaho? Nk’ubu twari turi kuri 220 RWF, ariko n’ubundi amezi atatu arashize dushobora no kubona cyongeye kumanuka. Tukibaza ngo ko twasoromye neza, ikibi kikamenwa byagenze gute ku buryo icyayi kitiyongera igiciro, kandi mu yandi makoperative tugasanga icyabo kiri hejuru y’icyacu. Ese ikirere cyacu ntikiryoshya icyayi? Ubutaka se? Turifuza ko batumenyesha aho ikibazo kiri.”

Harerimana Leonidas ati “I Gikongoro bahemba ahari kuri 445 RWF ku kilo, ariko twe tugahembwa 100, ubundi 200; mbese bigahora bihindagurika.”

Aba bahinzi bakomeza bagaragaza ko kubera iyo mpamvu bahora mu bukene budashira, nyamara baba bakorera icyayi cyabo kugira ngo kibateze imbere.

Harerimana Leonidas ati “Turakena, nta kintu icyayi kitugezaho kandi ari cyo cyagombye kuduteza imbere.”

Dushimimana Protogène ati “Urabona ndacyari muto, ariko nashoye mu cyayi, maze imyaka icyenda mfite icyayi gusa, mbona ntacyo kingezaho. Ubuzima bwanjye mbona nta gihinduka, kuko ubuhinzi bw’icyayi muri iki gihe buragoye; kubona ubutaka ugihingaho biragorana cyane cyane kuri twe tukiri bato, ugasanga ibyo ushyiramo ari byinshi kuruta ibyo ukuramo.”

Ni mu gihe ubuyobozi bwa Koperative y’Abahinzi b’Icyayi cya Pfunda (COOTP) buvuga ko abahinzi badakwiye kwigereranya n’abandi, kuko ibiciro bishyirwaho na buri ruganda hashingiwe ku buryo isoko ryabo rimeze ku rwego mpuzamahanga. Bubasaba ahubwo gukora cyane no kongera ubwiza bw’icyayi cyabo.

Bizirema Pacifique, Perezida wa Koperative y’Abahinzi b’Icyayi ba Pfunda, yagize ati “Buri ruganda rugira ibiciro byarwo bitewe n’uko isoko ryabo mpuzamahanga rimeze, bijyanye n’ubwiza bw’icyayi. Ibiciro bigenwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi; ntabwo ari twe tubigena. Abahinzi basabwa kugikorera neza, bakibagara, bagasarura, bakacyitaho uko bikwiye.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko kuri ubu igiciro umuhinzi w’icyayi cya Pfunda ahembwa ari amafaranga y’u Rwanda 145 Frw.

Bavuga ko batumva impamvu bagurirwa ku giciro cyo hasi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

Why humans naturally copy each other’s behavior

Next Post

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.