• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

radiotv10by radiotv10
08/02/2026
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitabira amarushanwa rya UAE SWAT Challenge riri kubera i Dubai, muri Leta Zunze Ubumwe z’Abaruabu, aho batangiye bitwara neza ku munsi wa mbere.

Aya marushanwa ya SWAT (Special Weapons and Tactics) yatangiye ku wa Gatandatu tariki 07 Gashyantare 2026, aho u Rwanda rufitemo amakipe atatu, mu makipe 109 yose hamwe yayitabiriye aturutse hirya no hino ku isi.

Amakipe abiri ya Kazakhstan ni yo yayoboye urutonde ku munsi wa mbere, afite amanota 109 na 108. Ikipe imwe y’u Burusiya yari iya gatatu n’amanota 107.

Ikipe ya SWAT ya kabiri ya RNP yabaye iiya 12 n’amanota 99, mu gihe ikipe ya SWAT ya kabiri ya RNP yari iya 23 n’amanota 88. Ikipe ya SOF y’Ingabo z’u Rwanda yari iya 33 n’amanota 78.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Mirenge, yifurije amahirwe abapolisi n’abasirikare bahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa, abasaba gukoresha ubushobozi bwabo bwose kugira ngo bitware neza kandi bagere ku musaruro mwiza.

Mu butumwa bwo kuri X, Ambasade y’u Rwanda muri UAE yavuze ko Ambasaderi “abifurije intsinzi, abasaba gukoresha imbaraga zabo zose no kwitwara ku rwego rwo hejuru mu irushanwa.”

U Rwanda rwitabiriye imikino itandatu muri irindwi ya UAE SWAT Challenge, yatangiye mu 2019.

Mu irushanwa rya 2025, ikipe ya SWAT ya mbere ya RNP yarangije ku mwanya wa 11 n’amanota 407. Ikipe ya RNP SWAT II yaje ku mwanya wa 18 n’amanota 357.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − five =

Previous Post

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Next Post

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Related Posts

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Next Post
Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.