Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG, yagaragaje ibice bizagaragaramo ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bihe bitandukanye hagati ya tariki 09 n’iya 17 Gashyantare, ubwo hazaba hari gukorwa ibikorwa byo kwagura no gusana imiyoboro yayo.

Byatangajwe n’Ubuyobozo bwa REG mu itangazo bwashyize hanze, buvuga ko “Hagamijwe kwagura no gusana imiyoboro y’amashanyarazi hirya no hino mu Turere, hateganyijwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe by’Imirenge iri muri iri tangazo hagati y’itariki ya 9-17/02/2026.”

Iri tangazo rigaragaza Imirenge yo mu Turere tunyuranye izagaragaramo ibura ry’umuriro ndetse n’iminsi n’amasaha rizaberaho, aho nko ku munsi wa mbere tariki 09 Gashyantare, umuriro uzabura mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Gasabo, ibiri yo muri Kicukiro, itanu yo mu Karere ka Nyabihu, 11 yo mu Karere ka Ngororero.

Kuri uwo munsi kandi, umuriro uzabura mu bice bimwe byo mu Mirenge umunani yo mu Karere ka Muhanga, mu Murenge umwe wo muri Rutsiro, mu Karere ka Rubavu ubure muri bimwe mu bice byo mu Mirenge 10, ndetse no muri Musanze, ubure mu Mirenge irindwi.

Ibura ry’umuriro rizabaho mu gihe cy’imindi irindwi, aho ku munsi wa nyuma, tariki 17 Gashyantare, rizagaragara muri bimwe mu bice byo mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Kicukiro, ndetse no mu Murenge umwe wo mu Karere ka Nyarugenge.

REG yaboneyeho gutangaza ko “Abantu bose barasabwa kwitondera insinga z’amashanyarazi kuko umuriro ushobora kugaruka mbere y’isaha iteganyijwe.”

Ibi bikorwa byose gusana imiyoboro y’amashanyarazi, bibaye nyuma yuko hari hamaze iminsi hagaragara ibura ry’umuriro ryakunze kwinubirwa na benshi.

Mu minsi ishize ubwo hari hakomeje kugaragara ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rya hato na hato, Umuyobozi ushinzwe guhuza REG n’Abafatanyabikorwa, Geoffrey Zawadi yavuze ko, hari iribaho ryateguwe, ndetse n’iribaho mu buryo bw’impanuka.

Yavuze ko iri bura ry’umuriro riba ryateguwe, akenshi riterwa n’ibikorwa biba biteganyijwe nk’igihe cyo gusana cyangwa kongera ibikoresho bishya mu miyoboro y’amashanyarazi, hirindwa ko ibisanzwemo byazateza ibibazo.

Yavuze ko mu gihe nk’iki Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu, inateguza abashobora kugirwaho ingaruka n’ibura ry’umuriro, nk’uko byakozwe mu batuye muri biriya bice byo mu Karere ka Gasabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 17 =

Previous Post

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Next Post

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.