Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG, yagaragaje ibice bizagaragaramo ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bihe bitandukanye hagati ya tariki 09 n’iya 17 Gashyantare, ubwo hazaba hari gukorwa ibikorwa byo kwagura no gusana imiyoboro yayo.

Byatangajwe n’Ubuyobozo bwa REG mu itangazo bwashyize hanze, buvuga ko “Hagamijwe kwagura no gusana imiyoboro y’amashanyarazi hirya no hino mu Turere, hateganyijwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe by’Imirenge iri muri iri tangazo hagati y’itariki ya 9-17/02/2026.”

Iri tangazo rigaragaza Imirenge yo mu Turere tunyuranye izagaragaramo ibura ry’umuriro ndetse n’iminsi n’amasaha rizaberaho, aho nko ku munsi wa mbere tariki 09 Gashyantare, umuriro uzabura mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Gasabo, ibiri yo muri Kicukiro, itanu yo mu Karere ka Nyabihu, 11 yo mu Karere ka Ngororero.

Kuri uwo munsi kandi, umuriro uzabura mu bice bimwe byo mu Mirenge umunani yo mu Karere ka Muhanga, mu Murenge umwe wo muri Rutsiro, mu Karere ka Rubavu ubure muri bimwe mu bice byo mu Mirenge 10, ndetse no muri Musanze, ubure mu Mirenge irindwi.

Ibura ry’umuriro rizabaho mu gihe cy’imindi irindwi, aho ku munsi wa nyuma, tariki 17 Gashyantare, rizagaragara muri bimwe mu bice byo mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Kicukiro, ndetse no mu Murenge umwe wo mu Karere ka Nyarugenge.

REG yaboneyeho gutangaza ko “Abantu bose barasabwa kwitondera insinga z’amashanyarazi kuko umuriro ushobora kugaruka mbere y’isaha iteganyijwe.”

Ibi bikorwa byose gusana imiyoboro y’amashanyarazi, bibaye nyuma yuko hari hamaze iminsi hagaragara ibura ry’umuriro ryakunze kwinubirwa na benshi.

Mu minsi ishize ubwo hari hakomeje kugaragara ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rya hato na hato, Umuyobozi ushinzwe guhuza REG n’Abafatanyabikorwa, Geoffrey Zawadi yavuze ko, hari iribaho ryateguwe, ndetse n’iribaho mu buryo bw’impanuka.

Yavuze ko iri bura ry’umuriro riba ryateguwe, akenshi riterwa n’ibikorwa biba biteganyijwe nk’igihe cyo gusana cyangwa kongera ibikoresho bishya mu miyoboro y’amashanyarazi, hirindwa ko ibisanzwemo byazateza ibibazo.

Yavuze ko mu gihe nk’iki Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu, inateguza abashobora kugirwaho ingaruka n’ibura ry’umuriro, nk’uko byakozwe mu batuye muri biriya bice byo mu Karere ka Gasabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Related Posts

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new digital identification registration has officially begun in Kigali, marking a major step in the nationwide rollout of the...

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

by radiotv10
08/02/2026
0

Abasirikare n'Abapolisi b'u Rwanda bongeye kwitabira amarushanwa rya UAE SWAT Challenge riri kubera i Dubai, muri Leta Zunze Ubumwe z'Abaruabu,...

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore...

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamayika (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye abasirikare b'u Rwanda bari mu gace kitwa Trelawny, zagiye...

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

Walk into any home, bus, or school yard today and you will see it: children holding phones, scrolling, laughing, watching...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
MU RWANDA

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
09/02/2026
0

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

08/02/2026
Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

07/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.