Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG, yagaragaje ibice bizagaragaramo ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bihe bitandukanye hagati ya tariki 09 n’iya 17 Gashyantare, ubwo hazaba hari gukorwa ibikorwa byo kwagura no gusana imiyoboro yayo.

Byatangajwe n’Ubuyobozo bwa REG mu itangazo bwashyize hanze, buvuga ko “Hagamijwe kwagura no gusana imiyoboro y’amashanyarazi hirya no hino mu Turere, hateganyijwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe by’Imirenge iri muri iri tangazo hagati y’itariki ya 9-17/02/2026.”

Iri tangazo rigaragaza Imirenge yo mu Turere tunyuranye izagaragaramo ibura ry’umuriro ndetse n’iminsi n’amasaha rizaberaho, aho nko ku munsi wa mbere tariki 09 Gashyantare, umuriro uzabura mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Gasabo, ibiri yo muri Kicukiro, itanu yo mu Karere ka Nyabihu, 11 yo mu Karere ka Ngororero.

Kuri uwo munsi kandi, umuriro uzabura mu bice bimwe byo mu Mirenge umunani yo mu Karere ka Muhanga, mu Murenge umwe wo muri Rutsiro, mu Karere ka Rubavu ubure muri bimwe mu bice byo mu Mirenge 10, ndetse no muri Musanze, ubure mu Mirenge irindwi.

Ibura ry’umuriro rizabaho mu gihe cy’imindi irindwi, aho ku munsi wa nyuma, tariki 17 Gashyantare, rizagaragara muri bimwe mu bice byo mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Kicukiro, ndetse no mu Murenge umwe wo mu Karere ka Nyarugenge.

REG yaboneyeho gutangaza ko “Abantu bose barasabwa kwitondera insinga z’amashanyarazi kuko umuriro ushobora kugaruka mbere y’isaha iteganyijwe.”

Ibi bikorwa byose gusana imiyoboro y’amashanyarazi, bibaye nyuma yuko hari hamaze iminsi hagaragara ibura ry’umuriro ryakunze kwinubirwa na benshi.

Mu minsi ishize ubwo hari hakomeje kugaragara ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rya hato na hato, Umuyobozi ushinzwe guhuza REG n’Abafatanyabikorwa, Geoffrey Zawadi yavuze ko, hari iribaho ryateguwe, ndetse n’iribaho mu buryo bw’impanuka.

Yavuze ko iri bura ry’umuriro riba ryateguwe, akenshi riterwa n’ibikorwa biba biteganyijwe nk’igihe cyo gusana cyangwa kongera ibikoresho bishya mu miyoboro y’amashanyarazi, hirindwa ko ibisanzwemo byazateza ibibazo.

Yavuze ko mu gihe nk’iki Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu, inateguza abashobora kugirwaho ingaruka n’ibura ry’umuriro, nk’uko byakozwe mu batuye muri biriya bice byo mu Karere ka Gasabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eight =

Previous Post

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Next Post

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

by radiotv10
09/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bidasobanutse kuba umunyamakuru Hariana Verás Victória avuga ko avuganirana Abanyafurika muri...

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

by radiotv10
09/02/2026
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, said it is questionable for Hariana to claim that...

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bigiye kujya bivura indwara zikomeze zirimo kanseri

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bigiye kujya bivura indwara zikomeze zirimo kanseri

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubuyobozi bw'Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB bwatangaje ko bwamaze kubona ibikoresho bigezweho by’ubuvuzi birimo ibipima kanseri, ibyuma byo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

09/02/2026
Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

09/02/2026
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

09/02/2026
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

09/02/2026
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

09/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.